Rutahizamu Cristiano Ronaldo wa Juventus yo mu Butaliyani, yagaragaye asa n’uwigunze nyuma yo gutsindwa na Robert Lewandowski wa Bayern Munich akamutwara igihembo cy’umukinnyi wahize abandi ku Isi muri 2020.
Mu ijoro ryakeye ni bwo Lewandowski yegukanye Igihembo cy’uwahize abandi ku Isi, ahigitse Cristiano Ronaldo na Lionel Messi.
Umuhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Cristiano Ronaldo yababaye anigunze nyuma gato y’uko Lewandowski yari amaze gutangazwa nk’uwegukanye kiriya gihembo.
Cristiano Ronaldo aheruka kwegukana igihembo cya FIFA cy’uwahize abandi muri 2017, mbere yo kugitwarwa na Luka Modric muri 2018 na Lionel Messi watwaye icyo mu mwaka ushize.
Muri iyo myaka Ronaldo na bwo yakunze kugaragaza ko atishimiye kuba atari we watwaye kiriya gihembo.
Lewandowski yatsinze ibitego 60 mu mikino 52 yakinnye mu mwaka w’imikino ushize, afasha Bayern Munich gutwara ibikombe bitanu birimo icya Shampiyona y’Abadage, icy’igihugu, UEFA Champions league na UEFA Super Cup.
Mugenzi we Manuel Neuer bakinana muri Bayern Munich we yatwaye igihembo cy’Umuzamu w’umwaka, mu gihe umutoza we Hans Flick yabaye uwa kabiri nyuma ya Jurgen Klopp wa Liverpool.


