Ukuri ku wiswe ‘Joe Biden’ wagaragaye avuga ko ashyigikiye Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe muri Mutarama 2021 ikomeje kurimbanya, byinshi kuri yo bikomeje gutangazwa nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe n’imvururu zaguyemo abatari bake.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni uri ku butegetsi kuva mu 1986, azaba ahanganye mu matora n’abakandida 10 barimo Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine uri mu bashyigikiwe cyane.

Byinshi mu byavuzwe ku matora yo muri Uganda, harimo kuba hari bamwe mu banya-politiki bakomeye bo mu Burengerazuba bw’Isi bashyigikiye Bobi Wine, ndetse bakaba baniteguye kumukorera icyo akeneye cyose kugira ngo ahirike ku butegetsi Museveni.

Bamwe mu bavuzwe harimo Joe Biden uheruka gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyo kimwe na Barack Obama wigeze kuyobora kiriya gihugu.

Joe Biden ntiyigeze agaragaza ko ashyigikiye Bobi Wine

Hari amashusho amaze iminsi azenguruka ku mbuga nkoranyambaga, yerekana umusaza w’imvi wiswe Joe Biden wasabaga ko Bobi Wine yarekurwa na Leta ya Uganda, nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano.

Muri ayo mashusho uwo muntu yumvikana agira ati: “Twese twitaye ku kwishyira ukizana mu rwego rwo gukoresha idini ryacu. Twese hamwe dushyigikiye Demukarasi muri Uganda.”

BBC mu icukumbura yakoze yagaragaje ko uwavuze ariya magambo atari Perezida wa Amerika watowe, Joe Biden.

Iki gitangazamakuru cyagaragaje ko uwavuze ariya magambo ari Nick Carter, umunya-Politiki w’umu-democrate wayavugiye mu mujyi wa Boston muri 2018.

Ni nyuma y’uko Bobi Wine yari yafunzwe n’inzego z’umutekano za Uganda, zamushinjaga kwifatanya n’abamushyigikiye bagatera amabuye imodoka zari ziherekeje Perezida Museveni mu gace ka Arua.

BBC ivuga kandi ko yavuganye n’itsinda rya Biden rishinzwe itangazamakuru, rikavuga ko “Perezida watowe ntiyigeze yandika kuri Twitter cyangwa ngo agire itangazo asohora kuri icyo kibazo [cy’ibiri kubera muri Uganda].”

Iryo tsinda ryavuze ko ubutumwa bwerekeye Uganda Biden aheruka gutangaza ari ubwo mu Ukwakira 2019 bwavugaga ku kibazo cy’ababana bahuje ibitsina bavutswaga uburenganzira.

Obama na we ntiyagaragaje ko ashyigikiye Bobi Wine

Kuva mu kwezi gushize ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter hatangiye gusakazwa ubutumwa bwitiriwe Obama, bwasabaga ko Bobi Wine yarekurwa nyuma yo gutabwa muri yombi n’abashinzwe umutekano.

Ubutumwa bwitiriwe Obama bwari buherekejwe na hashtag igira iti ” #FreeBobiWine.”

Uwo munsi Obama nta butumwa nk’ubwo yari yigeze yandika ku rubuga rwe rwa Twitter, n’ubwo ubwari bwacuzwe bukamwitirirwa byagaragara ko bwagize retweets zikabakaba miliyoni imwe.

Ubwo butumwa byagaragaraga ko bwashyizwe kuri Twitter hifashishijwe terefoni igezweho yo mu bwoko bwa “iPhone”, gusa i yari yandikishijwe inyuguti nkuru (IPhone), bigashimangira buryo ki uwari wabuhimye yakoze ikosa ry’imyandikire.

Konti ya Twitter ya Obama ifite akamenyetso ka ‘V’ ko mu ibara ry’ubururu kagaragaza ko yizewe (iri verified), gusa akari kuri buriya butumwa bwamwitiriwe kari mu ibara ry’umweru.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe ku wa 14 Mutarama mu mwaka utaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *