Ubushinjacyaha bwasabiye igihano umusore ukurikiranweho gusambanya abana b’abahungu 17

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo ku wa 18 Ukuboza 2020 bwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umusore w’imyaka 19 y’amavuko kubera icyaha akurikiranweho cyo gusambanya abana b’abahungu 17 mu bihe bitandukanye abashukishije ibikinisho yakoraga.

Hari amakuru ko ku itariki ya 23/10/2020 uwo muturage wo mu Mudugudu wa Juru, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, aregwa kuba mu bihe bitandukanye guhera mu kwezi kwa 8/2020 kugera mu kwezi kwa 10/2020 yaragiye asambanya abana b’abahungu 17 bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 7 na 12 y’amavuko.

Perezida w’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, Uwera Immaculee yatangarije BWIZA ko ayo makuru ari yo, ko ukekwa ari umusore aho kuba umukobwa nk’uko ibitangazamakuru bimwe byagiye bibigarukaho. Ati ” Ni umusore w’imyaka 19 ukekwaho gusambanya abo bana b’abahungu. Sinzi niba yemera ibi byaha kuko si njye wamuburanishije.”

Uyu musore akekwaho kuba yaragiye asambanya abo bana b’abahungu abanje kubashukisha ibikinisho bikoze mu modoka yakoraga hanyuma bamara kubyishimira akababwira ko kugira ngo abibahe ari uko babanza bakemera ko abasambanya. Amakuru avuga ko uregwa mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha yemeye icyaha asobanura uburyo yagiye agikoramo.

Icyaha cyo gusambanya umwana giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 4 y’ Itegeko no 069/2019 ryo ku wa 8/11/2019 rihindura itegeko no 068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ ibihano muri rusange. Urubanza ruzasomwa ku itariki ya 29/12/2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *