CAF Confederation Cup: AS Kigali yateye mpaga KCCA bagombaga gukina

Sangiza iyi nkuru

Umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup wagombaga guhuza AS Kigali na KCCA yo muri Uganda, ntukibaye nyuma y’uko Komiseri wawo yemeje ko iriya kipe itewe mpaga kubera abayigize banduye Covid-19.

Uyu mukino wagombaga kubera kuri Stade ya Kigali guhera saa cyenda zo kuri uyu wa Gatatu.

Inama itegura umukino (Technical meeting) yahuje komiseri w’umukino n’abayobozi b’impande zombi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ni yo yemeje ko uyu mukino utagomba kuba.

Mu busanzwe KCCA ikigera i Kigali ku Cyumweru, yari ifite abakinnyi 14 kubera ko umutoza wayo Mike Mutebi n’abandi bakinnyi 12 banduye COVID-19.

Ubwo iyi kipe yakoraga imyitozo ya nyuma kuri Stade ya Kigali, ibisubizo yafatiwe i Kigali byagaragaje ko hari abandi bakinnyi babiri banduye COVID-19, isigarana abakinnyi 12.

Komiseri w’umukino yaje kwanzura ko AS Kigali iteye mpaga y’ibitego 2-0 kuko KCCA idafite abakinnyi bahagije bo gukina uyu mukino.

Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali, Gasana Francis, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo gusanga bitashoboka ko uyu mukino uba.

Ati: “Byarangiye ni mpaga ya 2-0. Byemejwe. Barwaje abantu babiri barimo uwitwa Julius[Poloto] n’uwitwa [Charles] Lwanga, basigara ari 13. Bazanye abakinnyi 15 kandi amategeko avuga ko abakinnyi bagomba kuba ari 11 babanzamo kongeraho bane basimbura.”

“Iyo udafite 15 buzuye ntabwo umukino uba. Bo bazanye 15 harwaramo babiri. Bagerageje gusaba ko habaho irengayobora ariko biranga kuko bababwiye ko amakosa ari bo bayakoze bazana abakinnyi bake.”

AS Kigali yari yasezereye Orapa United mu ijonjora rya mbere, igiye gukomeza kwitegura umukino wo kwishyura uzabera i Kampala tariki ya 6 Mutarama 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *