Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko kugeza ubu bitazwi niba ubwoko bushya bwa COVID-19 bwandura byihuse buri mu Rwanda. Mu Bwongereza na Afurika y’Epfo haravugwa ukwihinduranya kwa COVID19, ku buryo yandura mu buryo bwihuse cyane. Mu kiganiro Waramutse Rwanda kuri Televiziyo y’igihugu, kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukuboza 2020, Dr. Nsanzimana yavuze ko nta makuru ahari kuri iyi ngingo, gusa ngo kwirinda byo bigomba gukomeza gushyirwamo imbaraga. Muganga Nsanzimana ati ” Ntibitaramenyekana ko iyi virusi yihinduranyije yaba iri mu Rwanda cyangwa idahari. Abantu bakwiriye kudatezuka na gato mu kwirinda. Umuyobozi Mukuru wa RBC, avuga ko imwe mu mpamvu yo kuba imibare y’abandura COVID-19 yiyongereye, ari uko amavuriro yigenga asigaye apima, bigatuma imibare y’abanduye imenyekana kurusha mbere. Kubera iyi virus nshya ya COVID-19 ibihugu nk’Ubwongereza byafashe ingamba zo kwirinda zikakaye muri ibi bihe Isi yose igiye kwinjira mu minsi mikuru isoza umwaka.


