Abakoraga kuri Gisenyi Beach barya ari aha Nyagasani

Sangiza iyi nkuru

Hashize amezi atanu ubukerarugendo bwongeye gufungurwa, gusa abatunzwe n’imirimo bakorera ku mwaro w’ikiyaga cya Kivu (Gisenyi Beach) bavuga ko bakiri mu kaga kuko umwaro wa rusange ugifunze bityo kurya bikaba ha-Mana.

Aha ni ahahuriga abantu bakina imikino ku mucanga, abari koga, abaje kwifotoza, abinezereza ku mucanga, abatembera mu bwato…, ni hamwe mu hantu harangwaga n’ubukerarugendo mu buryo buboneka.

Eddy Ndungutse atwara abantu mu bwato akabatembereza mu kiyaga akabivanamo imibereho, ubu ibintu byarahindutse ni ugutegereza kuri telephone nk’uko BBC yavuganye na we ivuga.

Ati: “Kuri hotel bashobora kuguhamagara bakaguha umuntu, cyangwa se kuri zimwe muri ‘private beach’, aho ni ahantu tudafitiye uruhushya. Biracyari ikibazo kubona umuntu ushaka gutembera mu bwato.

“Iyo nyagasani amfunguriye numva bampamagaye ngo nze ntware umuntu kuri ayo mahoteli cyangwa kuri za private beach”.

Ndungutse avuga ko ubu hashobora gushira ibyumweru bibiri bikanarenga nta mukiliya abonye.

Ntibagiranumwe Jean D’Amour we akora akazi ko gufotora, nawe kuba uyu mwaro ugifunze bituma agorwa no kubona igitunga urugo rwe nk’uko abivuga.

Ati: “Kuva corona yatangira akazi kacu gasa nk’akahagaze, ubu mba naje kureba ko hari nk’uwaba aje hano hafi ngo ampe akazi.

“Ubusanzwe bavuga ko bafunguye ariko hano ntibirakunda abantu ntabwo baza kuhidagadurira.”

Hashize amezi atanu leta ifunguye ibikorwa by’ubukerarugendo, ariko impungenge z’ubwandu bw’iki cyorezo zatumye uyu mwaro rusange ukomeza gufungwa.

Muri uku kwezi kwa 12 abantu bashya banduye coronavirus bariyongereye, mu minsi irindwi gusa ishize habonetse abagera hafi kuri 700.

Ibi byatumye leta yongera gukaza ingamba zimwe zo kwirinda, naho icyizere ko ibintu bigiye koroha ku batunzwe n’imirimo nk’iyi y’ubukerarugendo cyo kirayoyoka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *