Rutahizamu w’Ikipe y’igihugu Amavubi, Meddie Kagere, yafashije Simba Sports Club akinira kunyagira Ihefu ibitego 4-0 mu mukino wa shampiyona ya Tanzania yari yakomeje ku munsi wayo wa 18.
Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Simba iri imbere n’ibitego 3-0, birimo bibiri bya Meddie Kagere.
Mohammed Hussein ni we wafunguriye Simba amazamu ku munota wa 15, nyuma y’iminota ine Kagere atsinda igitego cya kabiri mbere y’uko uyu rutahizamu w’Amavubi atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 40.
Igice cya kabiri kigitangira Zuberi Katwila utoza Ihefu yakoze impinduka, avana mu kibuga Juma Mahadhi na Omari Hamis, yinjiza Joseph Kinyozi na Issa Ngoah washoboraga gutsinda igitego ku munota wa 52, gusa arekuye ishoti rikomeye rikurwamo n’umuzamu Aishi Manula.
Rutahizamu Meddie Kagere yavuye mu kibuga ku munota wa 66 w’umukino asimbuwe na Chriss Mugalu, mu gihe ku munota wa 72 Ibrahim Ame yasimbuwe na David Kameta ‘Duchu’, na ho umunya-Mozambique Luis Miquisone asimbura Hassan Dilunga.
Simba yatsinze igitego cya kane ku munota wa 83 ibifashijwemo na Chris Mugalu wari uhawe umupira n’umunya-Zambia Clatous Chota Chama.
Gutsinda uriya mukino byatumye Simba igumana umwanya wa kabiri n’amanota 35, irushwa na Yanga Africans ya mbere ifite 43.
Cyakora cyo Simba imaze gukina imikino 15 ya shampiyona, mu gihe ikipe ya Yanga imaze gukina 17.
Ku rundi ruhande Kagere amaze kuzuza ibitego icyenda muri shampiyona bimugira uwa mbere uyoboye abatsinze byinshi.





