Magufuli yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Dr Joseph John Pombe Magufuli, yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba barimo rwo kurwanya icyorezo cya Virusi ya Corona.

Magufuli yabisabye ku wa Gatanu tariki ya 25 Ukuboza, ubwo yari yitabiriye Misa y’Umunsi Mukuru wa Noheli kuri Paruwasi yitiriwe Mariya Makurata iherereye i Dodoma mu murwa Mukuru wa Tanzania.

Itangazo ryashyizwe hanze na Perezidansi ya Tanzania ryashyizweho umukono na Gerson Msigwa ushinzwe itumanaho mu biro bya Magufuli, rivuga ko Umukuru w’Igihugu cya Tanzania yasabye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Coronavirus kimaze guhitana abarenga miliyoni ku Isi, aho kwishingikiriza imbaraga z’ikiremwa muntu.

Magufuli kandi yavuze ko : “Impuhwe z’Imana n’ibitangaza byayo byigaragarije Tanzania muri iki gihe gikomeye cy’icyorezo cya Covid-19. Mu gihe ibihumbi by’abantu bapfa buri munsi, Tanzania yabohotse kiriya cyorezo ubuzima bukomeza nk’ibisanzwe.”

Perezida Magufuli yasabye Abanya-Tanzania gushima Imana no kuyisaba gukomeza kurinda igihugu cyabo kiriya cyorezo, ndetse bakanasabira abaturage b’ibindi bihugu.

Magufuli kandi yasabye abaturage be gukomeza gukora cyane, mu rwego rwo guteza imbere igihugu cyabo.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Magufuli yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus
    Magufuri , ndakwemera, Uwiteka yumve ibyo uvuze, kandi ubikomereshe umutima wawe. Uwiteka atatubereye maso, abarinzi b’umugi baba bagokera ubusa.

  2. Magufuli yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus
    Magufuri , ndakwemera, Uwiteka yumve ibyo uvuze, kandi ubikomereshe umutima wawe. Uwiteka atatubereye maso, abarinzi b’umugi baba bagokera ubusa.

  3. Magufuli yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus
    Imana niyo yonyine ishoboye byose. Perezida magufuri yubahishije imana
    Natwe dukwiye kumenya ko imana yabasha gukuraho iki cyorezo aho kumara igihe turi gushakisha imiti.

  4. Magufuli yahamagariye abategetsi b’Isi gushyira Imana imbere mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus
    Imana niyo yonyine ishoboye byose. Perezida magufuri yubahishije imana
    Natwe dukwiye kumenya ko imana yabasha gukuraho iki cyorezo aho kumara igihe turi gushakisha imiti.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *