Ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya, yaraye inyagiwe na CR Belouizdad yo muri Algeria ibitego 6-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league wabereye i Algies.
Iyi Gor Mahia mu ijonjora ry’ibanze yari yasezereye APR FC ya hano mu Rwanda ku giteranyo cy’ibitego 4-3.
Umunota wa Gatandatu w’umukino wari uhagije ngo Belouizdad ifungure amazamu binyuze kuri rutahizamu Amir Sayoud watsinze Coup-Franc y’akataraboneka.
Rutahizamu wundi Hamza Bellahouel yatsindiye ikipe ye igitego cya kabiri nyuma y’iminota irindwi mbere y’uko Sayoud atsinda igitego cya gatatu kuri penaliti yo ku munota wa 20 w’umukino.
RC Belouizdad yarushaga cyane Gor Mahia yatsinze igitego cya kane ku munota wa 41 ibifashijwemo na Larbi Tabti.
Umunota wa 51 w’umukino wari uhagije ngo Gor Mahia itsinde igitego cya gatanu biciwe kuri Amir Sayoud watsindaga igitego cye cya gatatu muri uriya mukino, mbere y’uko uwitwa Ngombo wari winjiye mu kibuga asimbura atsinda agashinguracumu ku munota wa 67 w’umukino.
Gor Mahia ifite umusozi wo gutsinda ibitego 7-0 mu mukino wo kwishyura uzabera i Nairobi ku wa 03 Mutarama 2021, yabigeraho igahita ikatisha itike y’amatsinda ya CAF Champions league.


