Uganda: Kera kabaye wa musirikare warashe abantu yafashwe

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare ubarizwa muri Batayo ya 27 y’Ingabo za Uganda (UPDF) yatawe muri yombi nyuma y’igihe ashakishwa akurikiranweho kurasa abantu batandatu batatu bagahita bitaba Imana.

Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere ni bwo uriya musirikare witwa Godson Amutahaire yarashe bariya bantu, ahita atoroka. Byabereye mu karere ka Rubirizi.

Batatu bitabye Imana ni Scovia Timbakizire w’imyaka 42 Muwanda one Conrad wa 22 n’umuvandimwe we Olivia Ninsiima.

Abakomeretse bo ni Maurine Kyakusimire, Shirani Ahimbisibwe na Rauman Maweje bose bo mu muryango umwe, bakaba barembeye mu bitaro bya KIU i Mbarara.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gace ka Bushenyi, SP Martial Tumusiime, yavuze ko Amutahire yatawe muri yombi mu ijoro ryakeye, gusa akaba ntacyo aratangaza ku cyatumye agaba kiriya gitero.

Yavuze ko uriya musirikare azagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare kugira ngo yisobanure ku byaha ashinjwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *