Ubutumwa bwa UN bwarimo ingabo nyinshi z’ u Rwanda bwarangiye

Sangiza iyi nkuru

Ubutumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Darfur muri Sudan burarangira uyu munsi kuwa kane nyuma y’imyaka 13, nk’uko byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye. Imibare ya UNAMID yo mu kwezi gushize yerekana ko u Rwanda ari cyo gihugu gifite abasirikare benshi (1,158) bagize uyu mutwe, imbere ya Pakistan, Ethiopia na Misiri.

Abasirikare hafi 4,000 n’abapolisi 2,200 ubu bari mu butumwa bwiswe UNAMID, kuva ejo kuwa gatanu bazatangira igihe cy’amezi atandatu cyo guhambira ibyabo bagataha.

Leta yariho ya Omar al-Bashir yashinjwe gufasha inyeshyamba z’aba Janjaweed kwica abantu barenga 300,000 mu cyo bamwe bise jeonside ku bantu b’i Darfur bitwa ko atari abarabu.

UNAMID ivuga ko kuva ubu butumwa bwatangira hapfuye abantu 228 mu bari babujemo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *