Depite Robert Kyagulanyi uzwi Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yibasiye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari imfura ya Perezida Museveni akanaba Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zishinzwe kumurinda (SFC); amubwira ko kuba yambaye umwambaro w’igisirikare cya Uganda ari igitutsi gikomeye ku gihugu.
Mu gihe amatora y’umukuru w’Igihugu muri Uganda akomeje kwegereza, ni ko intambara y’amagambo yo kuri Twitter ikomeje gufata indi ntera hagati ya Gen Muhoozi na Bobi Wine wiyemeje guhirika se ku butegetsi.
Mu minsi ishize Bobi Wine ubwo yari i Mbarara mu gikorwa cyo gutangaza Manifesto y’Ishyaka NUP (National Unity Platform) ahagarariye mu matora, abaturage bo muri ako gace bamuhaye izina ry’akambyiniro rya ‘Musinguzi’ (Umutsinzi).
Ku wa Gatatu tariki ya 29 Ukuboza, Gen Muhoozi yanditse kuri Twitter yibaza icyo Bobi Wine yaba yarakoze kugira ngo ahabwe ririya zina, ashimangira ko kumuha ririya zina ari igitutsi gikomeye kuri Uganda no ku Banyankore.
Muhoozi avuga kuri Bobi Wine yagize ati: “Ngo Musinguzi? Yigeze agera ku ki se? Iki ni igitutsi kitari ku Banyankore gusa, ahubwo no ku moko yose atuye mu Burengerazuba bwa Uganda.”
Mu butumwa Kyagulanyi yanyujije kuri Twitter, yasubije Muhoozi ko igitutsi nyacyo kuri Uganda ari ukuba yambaye umwambaro w’igisirikare cyayo, nyamara nta kintu na kimwe yakoze.
Ati: “Igitutsi nyacyo ku gihugu cyacu ni ukuba wambaye impuzankano y’igisirikare cyacu! Ni igisebo gikomeye ku bagabo n’abagore bambara impuzankano (abasirikare) bakora cyane kugira ngo igihugu cyacu gitekane. Abanyabyaha uha intwaro kugira ngo bice ndetse banatoteze abaturage ntibazagukiza wowe na so, ubwo abaturage bazaba bahagurutse bakirwanaho.”
Muhoozi ku wa Gatatu yari yanditse kuri Twitter yibaza impamvu Bobi Wine yambara imituku kuva ku mutwe kugeza ku birenge, amunnyega avuga ko ashaka kwigira umusirikare nyamara nta mwitozo wa gisirikare yahawe.
Muhoozi yunzemo ati: “Hagire umbwirira uyu murumuna wanjye ko tuzamutsinda nabi mu matora.”
Ubu butumwa Bobi Wine yabusubije avuga ko Muhoozi se Museveni yamuhaye impano y’ipeti rya Lieutenant General, avuga ko ashobora kuba yabusibye nyuma yo kumenya ko yabwanditse kubera ubusinzi.


