Kuri uyu wa Kane, itariki 31 Ukuboza 2020, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hongeye kuba ubwicanyi bukabije bwakorewe abasivili mu birometero nk’icumi uvuye Eringeti, muri Groupement ya Bambuba-Kisiki, muri Teritwari ya Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umutwe w’inyeshyamba z’Abagande, bivugwa ko unakorana n’imitwe y’iterabwoba nka Islamic State niwo ushinjwa kuba inyuma y’iki gitero cyahaitanye abasivili bagera kuri 16.
Bravo Muhindo Vukulu, perezida wa sosiyete sivile ya Bambuba-Kisiki wemeje aya makuru kuri L’INTERVIEW.CD, yatangaje ko mu giturage cya Kamunga, mu burasirazuba bwa Eringeti ari ho hiciwe abo abaturage kuri uyu wa Kane kandi nayo ari imibare y’agateganyo.
Aya makuru yanemejwe na Sabiti Njiamoja, wungirije Guverineri wa Eringeti.
Uyu avuga ko bigoye kumenya umubare nyawo w’abishwe kubera ko kuri we, imirambo yabonetse mu masaha akuze ya nyuma ya saa sita.


