Padiri Ubald ukirwaye yijeje Abakristu ko mu gihe cya vuba bazongera kumubona

Sangiza iyi nkuru

Padiri Ubald Rugirangoga kuri ubu ukiri mu bitaro aho akomeje kuvurirwa icyorezo cya COVID-19 yanduye, yijeje Abanyarwanda n’Abakristu muri rusange ko mu gihe cya vuba bazongera kumubona, ashimira abamubaye hafi mu burwayi bwe.

Tariki ya 21 Ukwakira ni bwo byamenyekanye ko Ubald wamenyekanye cyane kubera ibikorwa by’isanamitima no gusengera abarwayi bagakira; yanduye icyorezo cya COVID-19.

Kuva icyo gihe uyu mupadiri ntabwo arakira ndetse yanageze ku rwego rwo kongererwa umwuka ari muri koma.

Mu butumwa uyu mupadiri yaraye ageneye abakristu abifuriza Umwaka Mushya wa 2021 ari mu bitaro muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho akomeje kuvurirwa, yabijeje ko mu gihe cya vuba bazongera kumubona.

Ubald yasobanuye ko yanduriye kiriya cyorezo muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yari yagiye mu butumwa.

Yagize ati: “Nari ndi mu butumwa hano muri Amerika, ni ho nahuriye n’icyorezo cya COVID-19, maze amezi abiri urebye mu bitaro hanyuma abo twasenganaga bagiye kubona babona ndabuze. Ni ibyo rero nari mpugiyemo nageze n’aho njya muri koma sinamenya aho ndi pe! Ubu rero ndi mu bitaro bari kumfasha.”

Ubald yasobanuye ko icyorezo cya COVID-19 cyari cyaramwishe ingingo z’umubiri we zose, ku buryo ubu ari kwiga gutambuka nk’umwana muto.

Yunzemo ati: “Ndashima rero abantu mwese mwagiye mumfasha munsabira, mu kanya gatoya muzongera mumbone. Ndabashimira cyane dukomeze dusabirane.”

Padiri Ubald yavuze ko kuba muri 2020 harapfuye abantu babarirwa muri za miliyoni bisobanura ko abashoboye kugera muri 2021 bafitweho umugambi n’Imana, bityo abasaba kuzirikana ko igihe cyose yabahamagara hari icyo bashobora kuyibwira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *