Polisi ya Uganda yataye muri yombi umukandida-perezida, Patrick Amuriat wari wataye imodoka, yiruka n’amaguru ubwo yari mu Karere ka Nakasongola. Amuriat nk’uko Daily Monitor ibitangaza, hafashwe n’abandi barwanashyaka ba FDC. Nyuma yo gufatwa, uyu mugabo uri ku itike ya FDC yagaragaye mu Karere ka Nakaseke ahagaze mu modoka ya polisi ari mu bikorwa byo kwiyamanaza. Ibikorwa by’abiyamamaza bikomeza kurogowa n’inzego z’umutekano muri Uganda. Iyi ni imwe mu nenge ziri kwigaragaza mu gihe amatora abura iminsi 12 ngo abe. Abandi barwanashyaka batawe muri yombi



