Umunyamabanga muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe uburezi, Prof. George Magoha yagereranyije u Rwanda n’akarere ko muri Kenya, avuga ko abanyeshuri babo baruta abaturage bose barwo.
Yabivuze ubwo yasubizaga umunyamakuru wa Citizen TV wamubazaga kuri gahunda y’isubukurwa ry’amasomo yo kuri uyu wa 4 Mutarama 2021.
Ubwo Magoha yasuraga ishuri ribanza rya Mjini riherereye mu gace ka Murang’a muri Kenya tariki ya 31 Ukuboza 2020, muri gahunda yo kugenzura aho imyiteguro yo gusubukura amasomo, yasabye abarimu kujya bigishiriza munsi y’ibiti mu gihe ikirere kimeze neza, nk’uburyo bwo kwirinda ubucucike mu byumba by’amashuri.
Yavuze ko ibyumba by’amashuri bihagije bitabonetse mu mwaka w’2020 bitewe n’icyorezo cya Covid-19, yongeraho ko bitewe n’iyi mpamvu, nta gihugu na kimwe ku Isi cyigeze cyubaka ibishya.
Akimara gutangaza ibi, inkuru ye yahise isakazwa ku mbuga nkoranyambaga, abazikoresha bifashisha urugero rw’u Rwanda rwubatse ibyumba by’amashuri 22,000 kuva Covid-19 yarugeramo, bamunyomoza.
Umunyamakuru amubajije niba azi ko mu Rwanda hubatswe ibi byumba by’amashuri, Prof. Magoha yasobanuye ko u Rwanda ari agahugu gatoya, kameze nk’akarere ko muri Kenya, ngo n’abanyeshuri bo mu gihugu cye baruta abaturage bose b’u Rwanda.
Ati: “U Rwanda ni nk’intara, ni nk’akarere muri Kenya. Ibaze umubare w’amashuri u Rwanda rufite. Umubare w’abanyeshuri bacu ni munini kuruta abaturage b’u Rwanda; niba utabizi.”
Kenya ifite ubuso bwa kilometero kare (km²) 580,367 n’abaturage barenga miliyoni 54 nk’uko imibare y’urubuga World Ometers yo ku wa 30 Ukuboza 2020 ibyerekana. U Rwanda rwo rufite ubuso bwa 26,338 km² n’abaturage bakabakaba miliyoni 13.



28 Responses
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ariko niba igihugu cyabo ari kinini nubushobozi bwakabaye bunini bukangana nuwo mubare avuga!
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ariko niba igihugu cyabo ari kinini nubushobozi bwakabaye bunini bukangana nuwo mubare avuga!
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubwo se ashaka kuvuga ko niba u Rwanda ari ruto rungana n’akarere ka Kenya, rutakibarirwa mu bihugu.
Tuzi ibindi bihugu binini byi ibihangage.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubwo se ashaka kuvuga ko niba u Rwanda ari ruto rungana n’akarere ka Kenya, rutakibarirwa mu bihugu.
Tuzi ibindi bihugu binini byi ibihangage.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
u Rwanda rwagorwa. ubwo wabona hatangiye urwango ku Rwanda kandi ritqzi n’igihe igo conference press yabereye.
ibyumba byamashuri byo byarubatswe. ahubwo twe abanyarwanda twibaz aho frw yi kubaka yavuye.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
u Rwanda rwagorwa. ubwo wabona hatangiye urwango ku Rwanda kandi ritqzi n’igihe igo conference press yabereye.
ibyumba byamashuri byo byarubatswe. ahubwo twe abanyarwanda twibaz aho frw yi kubaka yavuye.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Uyu nawe ninjiji,kuba bafite abanyeshuri benshi bakabaye bafite nubushobozi bwo kubaka ibyumba by’amashuli biruta ibyo u Rwanda rwubatse, bashakire excuses ahandi naho u Rwanda rurayoboye
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Turi bato batari gito, our best plan deserve the bright future. That is why they think to resume behind us.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Turi bato batari gito, our best plan deserve the bright future. That is why they think to resume behind us.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Uyu nawe ninjiji,kuba bafite abanyeshuri benshi bakabaye bafite nubushobozi bwo kubaka ibyumba by’amashuli biruta ibyo u Rwanda rwubatse, bashakire excuses ahandi naho u Rwanda rurayoboye
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
bakagombye kubanabobarubatse byibuza 10000 ibyumba byamashuri
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
bakagombye kubanabobarubatse byibuza 10000 ibyumba byamashuri
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Arko kuko baruta U Rwanda bakabaye baruruta no mubikorwa, ubushobozi bwabo bukaba buhuye nuko bangana, buri ntara ingana narwo niyubaka amashuri angana nayo rwubatse biraba igisubizo.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Arko kuko baruta U Rwanda bakabaye baruruta no mubikorwa, ubushobozi bwabo bukaba buhuye nuko bangana, buri ntara ingana narwo niyubaka amashuri angana nayo rwubatse biraba igisubizo.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ndabona atabeshye kuba u RWANDA ari nk’AKARERE badukubye incuro 22 ku buso
UKURI NTIKUKABARYE, ahubwo icyo yagakwiye kumenya ni uko ari igihugu kandi tukaba twarabishoboye kubaka amashuri
Naho ibindi byo imibare irabyerekana
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubunini bwakagombye guhura n’ubushobozi cyane ko baanabufite. Ikibazo rero si ubunini n’ubuto. Ikibazo ni ibikorwa. Ubwo bunini bubamariye iki?
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubunini bwakagombye guhura n’ubushobozi cyane ko baanabufite. Ikibazo rero si ubunini n’ubuto. Ikibazo ni ibikorwa. Ubwo bunini bubamariye iki?
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ndabona atabeshye kuba u RWANDA ari nk’AKARERE badukubye incuro 22 ku buso
UKURI NTIKUKABARYE, ahubwo icyo yagakwiye kumenya ni uko ari igihugu kandi tukaba twarabishoboye kubaka amashuri
Naho ibindi byo imibare irabyerekana
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
iyo nyishu yatanze ntifise iinsiguro. Ugiye kuraba wosanga kenya ari nka zone (akantu gato ku ntara) ya USA, Russie canke Chine…unasanga kenya isumbwa gato n’Ubufaransa….aragerageza rero agire comparaison n’ivyo bihugu turabe. Ngira imvugo yiwe ifatiye kuco bita ”Eagerness”’..ni ukuvuga ”ubwibone…ubwishime”
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
iyo nyishu yatanze ntifise iinsiguro. Ugiye kuraba wosanga kenya ari nka zone (akantu gato ku ntara) ya USA, Russie canke Chine…unasanga kenya isumbwa gato n’Ubufaransa….aragerageza rero agire comparaison n’ivyo bihugu turabe. Ngira imvugo yiwe ifatiye kuco bita ”Eagerness”’..ni ukuvuga ”ubwibone…ubwishime”
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Abasaza nkabariya ntibanamenya aho si igeze, gutanga declaration ko kwisi nta gihugu cyigeze cyubaka ibyumba byamashuri kubera COVID nuko amakuru aba kwisi aba atayazi, none se ko buri gihugu cyubaka gikurikije ubushobozi bwacyo, U Rwanda rwubatse ibyumba 22.000 rufite abaturage 12.000.000, ubwo nabo bibuke ibijyanye nubushobozi bwabo, be kubaka ibingana n’ibyubushinwa cyangwa ubuhinde, bubake ibihwanye na 70.000.000 zituye kenya.
Abayobozi baragwira peeee
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Abasaza nkabariya ntibanamenya aho si igeze, gutanga declaration ko kwisi nta gihugu cyigeze cyubaka ibyumba byamashuri kubera COVID nuko amakuru aba kwisi aba atayazi, none se ko buri gihugu cyubaka gikurikije ubushobozi bwacyo, U Rwanda rwubatse ibyumba 22.000 rufite abaturage 12.000.000, ubwo nabo bibuke ibijyanye nubushobozi bwabo, be kubaka ibingana n’ibyubushinwa cyangwa ubuhinde, bubake ibihwanye na 70.000.000 zituye kenya.
Abayobozi baragwira peeee
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubundi se ibihugu byose birangana!hari ibiruta urwanda,hakaba b’ibiruta Kenya ariko byose n’ibihugu.Bakagombye kwigira kubikorwa kuruta ubus?,kuko hariho ibihugu bito k’u rwanda.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
Ubundi se ibihugu byose birangana!hari ibiruta urwanda,hakaba b’ibiruta Kenya ariko byose n’ibihugu.Bakagombye kwigira kubikorwa kuruta ubus?,kuko hariho ibihugu bito k’u rwanda.
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
ariko buriwese akora ibingana nibyo akeneye u Rwanda niruto rwubatse ibyumba bya mashuli bijya kungana nibyo rukeneye nabo mubunini bwabo nibubake byinshi bingana nibyo bakeneye
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
ariko buriwese akora ibingana nibyo akeneye u Rwanda niruto rwubatse ibyumba bya mashuli bijya kungana nibyo rukeneye nabo mubunini bwabo nibubake byinshi bingana nibyo bakeneye
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
umunyarwanda taciye umugani ugira nti ubugabo subutumbi
U Rwanda ni nk’akarere muri Kenya, abanyeshuri bacu baruta abaturage barwo_Prof. Magoha
umunyarwanda taciye umugani ugira nti ubugabo subutumbi