Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres yamaganye igitero cyagabwe n’inyeshyamba kigahitana umusirikare w’ u Rwanda, undi akahakomerekera. Guterres abinyujije ku muvugizi we, Stéphane Dujarric yavuze ko yihanganishije abo mu muryango w’uwapfuye n’Abanyarwanda muri rusange. Yifurije umusirikare wakomeretse gukira vuba. Mu itangazo ryashyizwe hanze, yavuze ko kugaba ibitero ku bashinzwe ku bungabunga amahoro birimo n’ibyaha by”intambara, asaca Centrafrica gukurikirana iki kibazo. Guterres ngo arajwe ishinga n’ibikorwa bihungabanya umutekano bikorwa n’inyeshyamba muri Centrafrica, ko ” abo bireba bagana ibiganiro bagahagarika ibikorwa byo kugira nabi.” Yashimiye abakomeje kugira uruhare mu kugarura amahoro muri iki gihugu. Wasoma:
https://bwiza.com/?Umusirikare-w-u-Rwanda-yiciwe-muri-Centrafrica


