Guinea: Minisitiri w’Intebe, Ibrahima Kassory Fofana, na guverinoma ye yose beguye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Ibrahima Kassory Fofana, na Guverinoma ye yose, yatanze ubwegure bwabo kuri Perezida Alpha Conde, uherutse kongera gutorerwa kuyobora manda ya gatatu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu.

Perezida Alpha Conde yemeye ubu bwegure bwa Guverinoma ya Ibrahima Kassory wari Minisitiri w’Intebe wa Guinea kuva muri Gicurasi 2018 nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na perezidansi. Fofana ariko yasabwe gukomeza kwita ku bibazo bigihari kugeza igihe hazashyirirwaho guverinoma nshya.
Iyi nkuru dukesha VOA Afrique iravuga ko ubu bwegure hari hashize iminsi butegerejwe.

Igihugu cya Guinea gikennye nubwo gifite umutungo kamere mwinshi, kimaze amezi mu bibazo bya politiki byatewe na kandidatire ya Alpha Conde yo guhatanira manda ya gatatu mu matora yabaye kuwa 18 Ukwakira 2020.

Imyigaragambyo yamagana iyi manda kenshi yagiye irangwa no gukoresha ingufu z’umurengera mu kuyihagarika bigatuma bamwe bayipfiramo kuva mu Ukwakira 2019. Conde w’imyaka 82 y’amavuko yatangajwe n’urukiko rurinda itegeko nshinga ko yatsinze amatora mu cyiciro cya mbere nubwo benshi bavugaga ko yabayemo uburiganya.

Amatora y’abadepite yo kuwa 22 Werurwe, yataritabiriwe n’amashyaka y’ingenzi atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse akarangwamo ubugizi bwa nabi, yatumye ishyaka rya Conde ryegukana 2/3 by’imyanya yose mu nteko ishinga amategeko.

Yahujwe na referendum ku itegeko nshinga rishya, ryemejwe. Kimwe n’irya mbere, umubare wa manda ya perezida wagumye kuri ebyiri. Bwana Condé watowe mu mwaka wa 2010 akongera gutorwa mu 2015, yemerewe kongera kwiyamamaza mu Kwakira, uruhande rwe ruvuga ko kubara manda byatangiriye kuri zero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *