COVID-19 yishe abagabo babiri mu Rwanda, abantu 277 barayandura
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 16 Mutarama abantu babiri bishwe na COVID-19 mu Rwanda, hanaboneka abantu 277 bashya banduye iki cyorezo. Babiri bahitanwe na COVID-19 barimo umugabo w’imyaka 66 wo mu mujyi wa Kigali n’uw’imyaka 27 w’i Huye bituma umubare w’abamaze guhutanwa na kiriya cyorezo ugera ku bantu 140. Mu […]
Joan Laporta yasangije abafana ba FC Barcelona inkuru nziza yerekeye Messi
Lionel Messi “azakora buri kimwe mu bushobozi bwe” agume muri FC Barcelona, nk’uko byatangajwe na Joan Laporta uza ku isonga mu bahabwa amahirwe yo gutorerwa kuyobora iriya kipe. Laporta usanzwe afitanye umubano mwiza na Messi, yatangaje ariya makuru mu gihe hamaze igihe hari andi makuru menshi asohora Messi muri FC Barcelona, nyuma yo gutangaza ko […]
Padiri Twagirumukiza Herménégilde warangwaga n’urukundo yashyinguwe (Amafoto)

Padiri Twagirumukiza HermĂ©nĂ©gilde yashyinguwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021 mu irimbi ry’Abapadiri rya Cathedrale ya Butare. Kumushyingura byabanjirijwe na Misa yo kumusezeraho yayobowe na Musenyeri wa diyoseze gatolika ya Butare, Philippe Rukamba. Ni umuhango wakozwe mu buryo bwihariye hubahirizwa ingamba zo kwirinda Coronavirus.Isanduku irimo umurambo we ntabwo wigeze izanywa mu kiriziya. […]
Burundi: Dore abantu bashobora kuzavamo Umunyamabanga Mukuru mushya wa CNDD-FDD
Mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2021, mu gihugu cy’u Burundi hategerejwe amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, umwanya uzaba uhatanirwa n’abakandida batatu. Abo bakandida ni; Emmanuel Sinzohagera, uyoboye Inteko inshinga amategeko, Zenon Ndaruvukanye, usanzwe ari umudepite, na Depite Reverien Ndikuriyo, wahoze ayoboye inteko ishinga amategeko, kuri ubu ukuriye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu […]
Nta mugore ukwiriye kuyobora igihugu- Perezida Duterte
Perezida wa Phillipine, Rodrigo Roa Duterte uzwi nka Digong na Rody avuga ko nta mugore ukwiriye guhabwa umwanya wa perezida bitewe n’amarangamutima bagira. Yatangaje ibi ubwo yagarukaga ku bikekwa ko umukobwa we, Sara Duterte-Carpio, w’imyaka 42 ashobora kuzamusimbura, amakuru yahakanye. Ni mu muhango wo gufungura umuhanda munini kuwa Kane w’iki cyumweru. Ni inkuru yagarutsweho na […]
Kenya: Umusirikare yateye grenade mu rugo rw’uwahoze ari umugore we irapfuba
Umusirikare wa Kenya yagabye igitero ku rugo rw’uwahoze ari umugore we ahitwa Marachi, muri Busia, akoresha grenade yamupfubanye nyuma y’intonganya zikomeye. Ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Mutarama, ubwo uyu musirikare yateraga uwahoze ari umugore we bagatongana cyane bapfa uburenganzira bwo kurera abana. Ubuyobozi bw’ubugenzacyaha (DCI) buvuga ko uyu musirikare, Sgt. Denis Ochieng, […]
RIB yataye muri yombi umuganga na nyir’ivuriro Sante Pour Tous
RIB yafashe abantu umunani barimo umuganga, Serugendo Sylvestre na Mukakinani Clothilde nyir’ivuriro “Sante pour Tous”, bakurikiranweho gukora no gukoresha inyandiko mpimbano. Amakuru BWIZA ikesha urubuga rwa RIB avuga ko aba bose bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe ko batanga ibyangombwa bya muganga (medical certificates) ku babikeneye batarinze bajya aho bakorera ngo basuzumwe. Abafashwe bose bafungiwe kuri sitasiyo […]
Nyamirambo: Yatwitse inzu ye ahima umupangayi
Inzu ikorerwamo ubucuruzi iherereye mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Nyarugenge, yahiye irakongoka aho bivugwa ko nyirayo yari yashyizeho umuntu ngo ayisudire kugira ngo uwayikodeshaga atazamo atamuhaye amafaranga y’ubukode amurimo. Iyi nzu yacururizwagamo ibikoresho by’imodoka, yafashwe n’inkongi ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mutarama 2021. Abaturage bo muri aka gace babwiye IGIHE ko […]
Abakize Coronavirus ni abo kwitondera-Ubushakashatsi
Ubushakashatsi bw’ikigo Public Health England (PHE) bwerekanye ko abantu bakize COVID-19 baba bafite ubudahangarwa bw’umubiri mu mezi atanu ashize bakize iki cyorezo, ariko ko nyuma y’aho bashobora kwanduza abantu n’ubwo atari uko bigenda ku bayikize bose. Ubushakashatsi bwakorewe mu Bwongereza mu bakozi bakora mu nzego z’ubuzima, bwerekanye ko abakize Coronavirus bashobora kuba ikibazo kuko bakwanduza […]
Yoweri Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu

Komisiyo y’amatora mu gihugu cya Uganda, yemeje ko Perezida w’iki gihugu, Yoweri Kaguta Museveni yatorewe kuyobora kiriya gihugu muri manda ya gatandatu yikurikiranya, nyuma yo gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa Kane Tariki ya 14 Mutarama. Amajwi yatangajwe arerekana ko Museveni yatowe n’abanya-Uganda babarirwa muri 5,851,037 bangana na 58.64% by’abatoye Museveni yatsinze Robert Kyagulanyi […]
Huye: Habonetse Ikiyoni kidasanzwe bise Fifi kibana n’abantu bakanasangira – Video
Mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Rusatira mu Kagari ka Karama, haravugwa Ikiyoni kidasanzwe bivugwa ko kibana n’abantu kurusha uko kibana n’ibyiyoni bigenzi byacyo ndetse ugasanga gisangira n’abantu kitabishisha, ahubwo cyabona bigenzi byacyo kikabihunga. Reba video y’iki kiyoni hano Bivugwa ko iki Kiyoni cyatowe n’umu sheikh wayoboraga umusigiti w’aha hantu, cya nyina kimaze kugita […]
Umurambo w’umucuruzi Mirimo wataburuwe nyuma y’imyaka hafi 5 ushyinguwe
Umurambo w’umucuruzi Mirimo Gaspard witabye Imana muri 2016, wamaze gutabururwa ku itegeko ry’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge, nyuma y’uko hari abana babiri bagaragaje ko babyawe n’uriya mucuruzi bigakurura impaka z’urudaca. Urukiko rwemeje ko kamarampaka ari uko Mirimo atabururwa, hagapimwa uturemangingo fatizo (DNA/ADN) twe n’utwa bariya bana basaba guhabwa umunani wa se, kugira ngo hamenyekane ukuri. Amakuru […]
Umwami wa Maroc yageneye Trump ishimwe mbere y’uko ava ku butegetsi
Donald Trump uri kugana ku musozo wa manda ye nka Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, yanewe ishimwe ry’icyubahiro n’umwami Mohammed VI wa Maroc kubera uruhare yagize mu kuzahura umubano wa kiriya gihugu na Israel. Ambasaderi wa Maroc muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Princess Lalla Joumala Alaoui, ni we washyikirije Perezida Trump kiriya […]
VIDEO: Umugabo afashwe ari kumwe n’umukobwa mu kabari \ umugore ngo ntacyo amumarira mu buriri-ISI N’ABANTU
Impuguke ivuga ko abagore bubatse bakwiriye gushimira inshoreke
Impuguke mu by’imibanire yo muri Nigeria, Blessing Okoro avuga ko abagore bubatse ingo bagakwiriye gushimira inshoreke z’abagabo babo kuko ari zo zitumye ingo zimwe zikomeje kuramba. Okoro avuga ko abagore bashatse iyo bamenye ko umugabo afite inshoreke, bituma batirara, ahubwo nabo bakora ibintu bitandukanye kugira ngo ari bo begukana imitima y’abagabo babo n’ubundi baba bareguriwe. […]
AU yakiriye inkingo miliyoni 270 za Covid-19 igomba gusaranganya ibihugu
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wakiriye inkingo miliyoni 270 za Covid-19 ugomba gusaranganya mu bihugu bigize umugabane. Izindi nkingo miliyoni 50 zizaboneka hagati ya Mata na Kamena. UA yaguze izi nkingo kuri laboratwari z’inganda za Pfizer, AstraZeneca na Johnson&Johnson. Iyi nkuru dukesha Radio RFI iravuga ko izi komande atari zo zonyine Afurika itegerejeho inkingo za […]
Guinea: Minisitiri w’Intebe, Ibrahima Kassory Fofana, na guverinoma ye yose beguye
Minisitiri w’Intebe wa Guinea, Ibrahima Kassory Fofana, na Guverinoma ye yose, yatanze ubwegure bwabo kuri Perezida Alpha Conde, uherutse kongera gutorerwa kuyobora manda ya gatatu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu. Perezida Alpha Conde yemeye ubu bwegure bwa Guverinoma ya Ibrahima Kassory wari Minisitiri w’Intebe wa Guinea kuva muri Gicurasi 2018 nk’uko byatangajwe mu itangazo […]
Perezida Ndayishimiye yunamiye umusirikare wiciwe muri Centrafrique
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yunamiye umusirikare w’igihugu cye uheruka kugwa muri Repubulika ya Centrafrique mu gitero cy’abitwaje intwaro. Mu gitondo cyo ku wa Gatanu Tariki ya 15 Ukuboza ni bwo umusirikare w’u Burundi wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (Minusca) yishwe, mu gitero inyeshyamba zagabye mu gace ka […]
Umusore yegukanye umudari wa Zahabu nyuma yo kwikinisha amasaha icyenda
Umusore ufite inkomoko mu Mujyi wa Tokyo mu gihugu cy’Ubuyapani, Masanobu Sato, ni we wegukanye umudari mu kwikinisha ku isi nyuma yo kubikora amasaha icyenda n’iminota 58. Ibi rero bikaba byarabaye mu marushanwa azwi ku izina rya Masturbate-a-thon abera mu mujyi wa San Francisco agamije guteza imbere igikorwa cyo kwikinisha. Uyu mugabo ngo akaba amaze […]
Imyaka 20 irihiritse Laurent Desire Kabila arashwe akicwa n’uwari umurinzi we
Laurent Desire Kabila, wavukiye i Bauduinville muri Congo-Mbiligi mu 1939, agapfa yishwe ku itariki nk’iyi ya 16 Mutarama mu 2001, ni umuyobozi w’inyeshyamba wahiritse ku butegetsi Perezida Mobutu Sese Seko wa Zaire muri Gicurasi 1997, ahita aba perezida yongera kwita igihugu izina cyahoranye kiba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Kabila yavukiye mu bwoko bw’Aba-Luba mu […]
Haravugwa rwaserera muri ADEPR-Uganda
Amakuru ahari ni ay’uko ADEPR- Uganda irimo rwafirigiti iturutse ku kuba hari imbaraga zihishe inyuma yo gushaka guhindura ubuyobozi buhagarariye iri torero, Uganda yakunze kwishisha ko ribamo abo yise “intasi z’ u Rwanda.” Umwe mu bayobozi b’iri torero, Umunyarwanda, Bishop Nyirimpeta Anasthase, yafashwe ku wa 20 Ugushyingo 2020 ajyanwa ahatazwi. Hari amakuru agera kuri BWIZA […]
Amafoto: Hafashwe abasore n’inkumi bakoreye ikirori mu rugo birengagije Covid-19

Inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu zafashe abasore n’inkumi bari mu kigero cy’imyaka 22 na 25 bari bakoreye ikirori mu rugo barenze ku mabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Aba basore n’inkumi bari biteretse ibyo kunywa nk’inzoga ndetse n’itabi rya Shisha, ryanaciwe mu Rwanda, aho usanga abantu barinywa baba […]
U Rwanda rwashimiwe uruhare rwagize kugirango Isoko Rusange rya Afurika ribeho
U Rwanda rwashimiwe uruhare rwagize mu guharanira ko Isoko Rusange rya Afurika ryari inzozi z’igihe kinini rishyirwa mu bikorwa mu muhango witabiriwe n’inzego zitandukanye zo mu Rwanda no ku mugabane w’Afurika, zirimo na Komisiyo y’Ubukungu y’Umuryango w’Abibumbye muri Afurika (UNECA), wo gufungura ku mugaragaro iri soko. Kuri uyu wa Gatanu itariki ya 15 Mutarama 2021, […]
RDC: Mu mezi 8 abaturage basaga 600 bishwe n’inyeshyamba mu 2020 – OHCHR
Monusco n’Ubuyobozi Bukuru bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu (OHCHR) baratangaza ko imitwe itatu y’inyeshyamba yongereye ibitero byayo ku basivili muri Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri Gicurasi 2020 kugeza mu Ukuboza abaturage basaga 600 bakaba barishwe. Iyo mitwe nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa […]
Bamwereke imva ya Se, areke gukoresha izina ryanjye- Uwitirwa kuba Se wa Diamond
Uwareze Umuhanzi Diamond Platnumz, Mzee Abdul avuga ko uyu muhanzi akwiriye kuba areka gukoresha izina ririmo aye cyane ko ubu Se wa nyawe byamenyekanye ko ari uwitwa Idi Salim Ny’ange. Uyu mugabo ubusanzwe byari bizwi ko ari we Se wa Diamond ariko umugore we, Snadra Sanura yakuye urujijo kuri iyi ngingo. Mzee Abdul mu kiganiro […]
Nyagatare: Haravugwa abajura baturutse muri Uganda bakiba ihene n’inka z’abaturage
Abajura bivugwa ko baturutse muri Uganda binjiye mu Rwanda baciye mu nzira zitemewe, biba inka umunani n’ihene eshatu z’abaturage bo mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare. Byabaye mu ijoro ryo kuwa 14 rishyira kuwa 15 Mutarama 2021, mu Mudugudu wa Nyagatare mu Kagari ka Gishuru mu Murenge wa Tabagwe hafi y’umupaka wa Uganda […]