Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wakiriye inkingo miliyoni 270 za Covid-19 ugomba gusaranganya mu bihugu bigize umugabane. Izindi nkingo miliyoni 50 zizaboneka hagati ya Mata na Kamena. UA yaguze izi nkingo kuri laboratwari z’inganda za Pfizer, AstraZeneca na Johnson&Johnson.
Iyi nkuru dukesha Radio RFI iravuga ko izi komande atari zo zonyine Afurika itegerejeho inkingo za Covid-19 kuko hari izindi yemerewe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ndetse n’ibihugu ku giti cyabyo, birimo n’u Rwanda, bikaba birimo kwitumiriza.
Iki rero ngo ni ikimenyetso gikomeye Afurika Yunze Ubumwe itanze cyerekana ko umugabane udategereje ubugiraneza bw’amahanga kugirango ubone inkingo za covid.
Afurika ariko na none ntitesha agaciro umugambi Covax, watangijwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rifatanyije n’ibihugu bikize kugirango ibihugu byose ku Isi bizabashe kubona inkingo ku buryo buringaniye.
Gusa, Afurika Yunze Ubumwe irashidikanya ko umubare w’inkingo zizaboneka hagati ya Gashyantare na Kamena binyuze muri Covax zazaba zihagije ku bazikeneye.
Mu gihe umugabane wa Afurika wugarijwe n’inkubiri ya kabiri ya Covid-19 isa n’irusha ubukana iya mbere, ubwo buryo bubiri bwo kubona inkingo twavuze haruguru ntabwo ari bwo bwonyine ibihugu byiringiye kuko ibihugu bimwe byamaze kwitumiriza inkingo.
Ibihugu nka Algeria byaguze urukingo rwa Spoutnik V rukorerwa mu Burusiya, Maroc yo yatumije urwa AstraZeneca n’urw’Abashinwa Sinopharm, igice kimwe kizakorerwa mu ruganda rwo muri Maroc, mu gihe Senegal nayo iri kuvugana na Sinopharm. U Rwanda narwo rukaba rutegereje inkingo rwatumije muri Werurwe.


