Mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2021, mu gihugu cy’u Burundi hategerejwe amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, umwanya uzaba uhatanirwa n’abakandida batatu.
Abo bakandida ni; Emmanuel Sinzohagera, uyoboye Inteko inshinga amategeko, Zenon Ndaruvukanye, usanzwe ari umudepite, na Depite Reverien Ndikuriyo, wahoze ayoboye inteko ishinga amategeko, kuri ubu ukuriye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi.
Uhabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi muri aya matora ni Reverien Ndikuriyo ushobora gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, aho yahoze mu gisirikare cyaryo akavamo afite ipeti rya colonel. Uyu mugabo uvuka mu Ntara ya Makamba, ni umwe mu bashyigikiye byimazeyo manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza.
Uyu ariko na none azwiho imvugo zikakaye zitita ku burenganzira bwa muntu. Aramutse atowe bivuze ko yahita ava ku buyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru kuko FIFA itemera kuvanga politiki n’ibikorwa by’umupira w’amaguru.
Perezida Evariste Ndayishimiye, wari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka kuva mu 2016 kugeza mu 2020, niwe uyoboye ishyaka CNDD-FDD kuva yatorerwa kuba umukuru w’igihugu. Biravugwa ko arimo arashaka umuntu utazamuteza ibibazo kuko akenshi aba bantu uko ari babiri, perezida w’ishyaka n’Umunyamabanga Mukuru waryo, baba bacungana umwe yikanga ko undi yamukura ku buyobozi.



2 Responses
Burundi: Dore abantu bashobora kuzavamo Umunyamabanga Mukuru mushya wa CNDD-FDD
Inzovu iyo zirwabye ibyatsi birahababarira.
Burundi: Dore abantu bashobora kuzavamo Umunyamabanga Mukuru mushya wa CNDD-FDD
Inzovu iyo zirwabye ibyatsi birahababarira.