Burundi: Major Uwamahoro ushinjwa ubujura n’ubwicanyi yanasimbujwe ku kazi

Sangiza iyi nkuru

Ku cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2016, nibwo inkuru yasakaye hose ko Major Desire Uwamahoro, wari ushinzwe kurwanya abigaragambya yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe iperereza mu Burundi, ubu amakuru ava muri iki gihugu ni uko yaba yasimbuwe kuri uyu mwanya.
Major Desire Uwamahoro yasimbuwe kuri uyu ,mwanya wo kurwanya abigaragambya (BAE: Brigade Anti-Emeurte ) na OPC2 Manariyo Emmanuel ufite numero ya matirikure OPN0858.
[ad id=”44145″]
NK’uko byatangajwe haruguru ko Uwamahoro mu byo ashinjwa harimo ubujura, amakuru yagiye acicikana mu binyamakuru bitandukanye ni uko yanyereje amafaranga yagurishije zahabu asaga ibihumbi 330 by’amadorali ya Amerika.
Ikindi kandi akaba anashinjwa ubwicanyi yakoreye abigaragambyaga bamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza kuva mu mwaka ushize muri Mata, ibi bikaba bikubiye muri raporo yashyizwe hanze na Loni.
Major Desire Uwamahoro wahoze mu gisirikare cy’u Burundi nyuma akaza gushingwa uyu mutwe wa polisi, yari yaranakatiwe igifungo cy’imyaka 5 nabwo ashinjwa ubwicanyi ariko ntiyagikora ahubwo ahita ashingwa kuyobora abo bapolisi kabuhariwe.
[ad id=”44145″]
Kugeza magingo aya amakuru akaba avuga ko Uwamahoro yaba agifungiye muri gereza y’urwego rw’iperereza ariko ko hari impaka z’uko yajyanwa gufungirwa muri gereza ya Mpimba cyangwa agafungurwa, ibi ngo abayobozi bose bakaba batarabihurizaho ngo bafate umwanzuro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *