RCS iri guhiga bukware imfungwa yatorotse Gereza ya Muhanga

Sangiza iyi nkuru

Uwitwa Mfitumukiza Jovin wari ufungiye muri Gereza ya Muhanga ari gushakushwa uruhindu n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza nyuma yo gutoroka, aho uru rwego rusaba umuntu waba ufite amakuru yageza ku ifatwa rye yayatanga.

Iyi mfungwa yatorotse yari ikurikiranweho kugira uruhare mu iyicwa ry’umumotari, Samson Ndirabika, wishwe muri Nyakanga 2020, mu Murenge wa Shyogwe, ho mu Karere ka Muhanga, aho Mfitumukiza ari umwe mu bashinjwa.

Umuyobozi wa gereza ya Muhanga SSP Genevieve Niyomufasha yemeje ko Mfitumukiza Jovin yaciye mu rihumye abacungagereza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Mutarama 2021 agatoroka. Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RSC), SSP Pelly Uwera.

Nyuma yo gutoroka nk’uko tubikesha Kigali Today, hanumvikanye urusaku rw’amasasu muri iri joro ryakeye ubwo abacungagereza bakurikiranaga iyi mfungwa yatorotse yonyine ariko ntibabashe kuyifata.

SSP Niyomufasha, umucungagereza muri Gereza ya Muhanga ati, “Ni byo muri iryo joro ni bwo Mfitumukiza yatorotse, abacungagereza bamukurikiye ngo bamufate arabacika, ubu turamushakisha uwamubona yatanga amakuru ku nzego z’umutekano agafatwa”.

Iyi nkuru iravuga ko uregwa utuye mu Mujyi wa Muhanga, yafashwe agerageza gucikikira I Kigali nyuma yo kwica Ndirabika, kandi atari ubwa mbere akurikiranywe n’inzego z’ubutabera kuko n’ubundi yari amaze igihe gito arekuwe mu bahawe imbabazi rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *