Kuri uyu wa Gatatu ushize Inzovu yiciye abantu babiri hafi y’agace ka Nyamilima hafi ya Pariki ya Virunga, muri teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku itariki 27 rishyira kuri uyu wa Kane ushize, itariki 28 Mutarama 2021 ubwo abo bantu babiri, umugabo n’umugore batungurwaga n’Inzovu yarenze uruzitiro rwashinzwe n’Ikigo cya Congo gishinzwe kubungabunga Ibidukikije (ICCN).
Uyu muryango ukaba watunguriwe aho wari ukambitse mu murima wawo uri hafi ya pariki nk’uko bitangazwa n’urubuga Actu7.cd.
Aya makuru yemejwe na Aimé Mukanda Mbusa, umwe mu bavuga rikijyana ndetse uharanira uburenganzira bwa muntu muri Rutshuru, ubwo yavuganaga n’urubuga INTERVIEW.CD.
Uyu yongeyeho ko hari intumwa zoherejwe ahabereye ibi bintu ngo zirebe uko byifashe ndetse banamenye amakuru arenzeho.
Ku itariki 21 Nyakanga umwaka ushize wa 2020, na none Inzovu yaturutse muri Pariki ya Virunga yishe undi mugore nawe umusanze mu murima.


