Mu gihugu cya Tunisia hatangijwe iperereza nyuma y’ibaruwa yari igenewe Perezida Kais Saied nk’uko byatangajwe kuwa Gatatu ushize, aho perezidansi ya Algeria yo ivuga ko haba habayeho kugerageza kumuroga babinyujije mu ibaruwa.
Iyi baruwa yakiriwe kuwa Kabiri ushize n’umuyobozi w’ibiro bya Perezida Saied, bivugwa ko yari irimo ibintu biteye amakenga bikaba byatumye hatangizwa iperereza ngo hameyekane ibyo ari byo n’aho byaturutse nk’uko Perezidansi ya Tunisia yabitangarije AFP.
Ibinyamakuru byo muri Tunisia ariko biravuga ko iyi baruwa ishobora kuba yari irimo uburozi bukaze.
Ikinyamakuru Indian Express cyo mu Buhinde kiravuga ko kuri uyu wa Kane Perezidansi ya Tunisia yatangaje ko iyi baruwa yakiriwe n’umuyobozi muri perezidansi witwa Nadia Akacha.
Itangazo ryayo rigira riti: “Akimara gufungura, yasanze nta nyandiko irimo, ariko ubuzima bwe buhita butangira kumera nabi vuba.” “Yahise yumva afite intege nke, hafi yo kutabona neza maze arwara umutwe .” Itangazo raykomeje rivuga ko undi muyobozi wari mu cyumba nawe yumvise arwaye gato.
Ku rundi ruhande, Perezidansi ya Algeria mu itangazo yasohoye , yavuze ko Perezida Abdelmadjid Tebboune, uri mu bitaro mu Budage yamenye ibya mugenzi we wa Tunisia nyuma yo kumva amakuru y’uko bagerageje kumuroga.
Ibi bije hari umwuka utari mwiza muri politiki ya Tunisia muri iki gihe bitewe n’impaka ku ivugurura rya guverinoma hagati ya Perezida Saied, utagira ishyaka abarizwamo watowe mu 2019, ndetse n’ishyaka rigendera ku matwara ya Kisilamu ryitwa Ennahdna, rifite ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.
Itangazo rya perezidansi ya Tunisia ryasoje rivuga ko aya makuru atahise atangazwa mu rwego rwo kwirinda ko habaho gukwiza ubwoba mu baturage.


