Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yashimiye Abagande bemeye ko amatora y’Umukuru w’Igihugu aba mu mahoro n’ituze, yifashishije ijambo ryo muri Bibiliya.
Gen. Kainerugaba yifashishije ubutumwa bwanditswe na Matayo 5:9, ati: “Hahirwa abazana amahoro mu bantu kuko ari bo bazitwa abana b’Imana’. Abagande mwarakoze ku bw’ibihe by’amatora byaranzwe n’amahoro. Nimureke buri gihe tugire amahoro. Uganda ni Imwe!”
Aya matora yabaye tariki ya 14 Mutarama 2021, Perezida Museveni ni we wayatsinze ku majwi 58.64% nk’uko byemejwe na Komisiyo y’Amatora muri Uganda.
Hari impungenge ko abakandida bigenga nka Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wagize amajwi 34.83% n’abayoboke b’amashyaka yabo, bashobora gukora imyigaragambyo bamagana imigendekere y’aya matora.
Gusa ubu hashize iminsi igera kuri 13 ibyavuye mu matora bitangajwe, nta kibazo gikomeye cy’umutekano muke kirumvikana muri Uganda, gifite aho gihuriye nayo.


