Tchad: Hadutse imyigaragambyo yamagana manda ya 6 ya Perezida Idriss Deby

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo gutangaza Perezida Idriss Deby wa Tchad nk’umukandida w’ishyaka rye mu matora y’umukuru w’igihugu, muri iki gihugu hahise haduka imyigaragambyo kuri uyu wa Gatandatu y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana iyi manda ya gatandatu agiye guhatanira.

Mu masaha ya mu gitondo ubwo Perezida Deby yari amaze gutangazwa nk’umukandida w’ishyaka rye, hirya no hino mu murwa mukuru, Djamena, hahise haduka imyigaragambyo yahereye mu murwa mukuru rwagati itangijwe n’abantu bagera mu 10.

Nyuma y’akanya gato, abigaragambya babaye benshi batangira kwigabiza imihanda batwika amapine bagenda baririmba indirimbo zamagana Perezida Deby mbere y’uko polisi itangira kubatatanya.

Umuraperi Ray’s Kim wagize uruhare muri iyi myigaragambyo, yavuze ko ubutegetsi buriho ari bwo bukwiye guhinduka.

Ati “Ibaze guverinoma itakubaha, guverinoma itagutekereza. Niba rero guverinoma nk’iyi ibaho, ni ngombwa kuyishyira ku ruhande hakajyaho indi.”

Nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu, Mahamat Nour Ibedou, witabiriye iyi myigaragambyo, iruhande rwa Succès Masra ukuriye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Les Transformateurs, yatawe muri yombi kimwe n’abandi bantu benshi kugeza ku mugoroba wo kuwa Gatandatu hatari hamenyekanye umubare wabo.

Perezida Idriss Deby w’imyaka 68, uyoboye ishyaka, Mouvement patriotique du salut, amaze ku butegetsi imyaka 31 kuko yagiyeho kuva mu 1990.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Tchad: Hadutse imyigaragambyo yamagana manda ya 6 ya Perezida Idriss Deby
    Iyo ni Africa yacu? Iyaba icyubahiro duharanira twajyaga tucyimukana i kuzimu cyangwa mu ijuru!

  2. Tchad: Hadutse imyigaragambyo yamagana manda ya 6 ya Perezida Idriss Deby
    Iyo ni Africa yacu? Iyaba icyubahiro duharanira twajyaga tucyimukana i kuzimu cyangwa mu ijuru!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *