Ebola yongeye kugaragara muri DR Congo

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko hari umuntu urwaye Ebola wongeye kuboneka muri iki gihugu, yica umugore w’ahitwa Biena hafi y’umujyi wa Butembo.

Itangazo rya OMS/WHO rivuga ko uwo mugore yaje kwivuza ku kigo cy’ubuzima kiri hafi ye afite ibimenyetso bya Ebola, ivuga kandi ko umugabo we yari mu bantu bakize Ebola.

OMS ivuga ko inzobere mu byorezo zageze muri ako gace gukurikirana iby’uyu muntu bayisanzemo, ivuga kandi ko abantu 70 bahuye n’uyu mugore bamaze kuboneka.

Ibipimo by’uwo mugore byahise byoherezwa kuri laboratoire yisumbuyeho i Kinshasa ngo bapime ubwoko bw’iyi Ebola yabonetse, niba nta sano bufitanye n’iheruka.

Icyorezo cya 10 cya Ebola muri DR Congo cyamaze hafi imyaka ibiri, cyari icya cyabiri gikomeye ku isi kuko cyarangiye gihitanye abantu 2,299 ku bantu 3,481 bagisanzemo, naho 1,162 barakize.

Ebola yaherukaga kwibasira DR Congo mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize wa 2020, nk’uko OMS ibivuga. Ubu byaba bibaye inshuro ya 12 yibasiye iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *