Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch(HRW), watangaje raporo ivuga ko leta zigera kuri 83 ku isi zahonyoye ubwisanzure bwa muntu gusa byagera ku Rwanda ikamagana ibyo kujyana abantu muri za sitade igihe barenze ku masaha yagenwe, hirindwa COVID-19 ivuga ko binyuranye n’amategeko. HRW ivuga ko Leta z’ibihugu zabangamiye uburenganzira bw’abaturage burimo: ubwo kuvuga, guterana mu mahoro n’ubundi burenganzira, zitwaje icyorezo cya Coronavirus. Ku Rwanda, iyi raporo ivuga ko ” U Rwanda rufungira abantu muri za sitade mu buryo bunyuranyije n’amategeko.” Ivuga ko hari abishwe mu kubahiriza amabwiriza ya guma mu rugo, gufunga abanyamakuru, n’abagore bafashwe ku ngufu n’abasirikare bari kubahiriza amategeko ya Guma mu Rugo. Leta y’u Rwanda yagiye ivuga ko guca amafaranga no gushyira muri stade abantu barenze ku mabwiriza bigamije “kubaha amasomo kuri iki cyorezo”, bamwe mu banyamakuru bafunzwe baraburanishijwe, abasirikare barezwe gufata abagore ku ngufu nabo bagejejwe mu nkiko. Gerry Simpson ukuriye ishami rireba amakimbirane n’intambara muri HRW, avuga ko “gukubita, gufunga, gushyira ku nkeke no gucecekesha abantu bibangamiye uburenganzira bw’ibanze”. Ati “Leta zikwiye kurwanya Covid-19 zishishikariza abantu agapfukamunwa aho kubapfuka umunwa”. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri iyi raporo, Gerry Simpson yavuze ko leta nyinshi zakoze ibikorwa nk’ibyo ku bantu barimo n’abanyamakuru, abatavugarumwe na leta n’impirimbanyi z’uburenganzira mu izina ryo “kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda cyangwa kunenga politiki za leta kuri iki cyorezo.” Mu kwezi kwa 12 umwaka ushize, Komisiyo y’u Rwanda y’uburenganzira bwa muntu yabwiye abanyamakuru ko hari uburenganzira bwahutajwe mu gihe cya ‘Guma mu rugo’, ariko ngo Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rirabyemera, kereka abishe n’abahohoteye abaturage. Mu Rwanda, hari abanenga imigirire imwe n’imwe ya leta mu guhangana na Covid-19 n’ingaruka bigira ku buzima, n’abandi bashima ingamba za leta mu guhangana n’iki cyorezo. Ibi bigaragazwa n’inkuru BWIZA yabagejejeho ku munsi wa mbere Umujyi wa Kigali wari washyizwe muri Guma mu rugo ya kabiri.


