Lubumbashi: Abasirikare 4 ba FARDC biciwe mu gitero ku kigo cya gisirikare cya Kimbembe

Sangiza iyi nkuru

Abantu 11 barimo abasirikare bane ba FARDC kuri iki Cyumweru, itariki 14 Gashyantare biciwe mu gitero cy’inyeshyamba za Mai-Mai ku Kigo cya Gisirikare cya Kimbembe giherereye muri Lubumbashi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Lubumbashi watanze aya makuru, yavuze ko umusivili nawe yishwe n’isasu ryayobye. Ku ruhande rw’inyeshyamba ho hapfuye izigera kuri esheshatu.

Usibye abaguye muri iyi mirwano nk’uko tubikesha Radio Okapi, hanakomeretse abandi ku ruhande rw’igisirikare. Biravugwa ko izi nyeshyamba zateye zishaka kwigabiza ububiko bw’intwaro bwo muri iki kigo cya gisirikare giherereye muri Komini Kampemba.

Kuri ubu, ibintu byasubiye mu buryo nk’uko Umuyobozi w’Umujyi wa Lubumbashi, Ghislain Robert Lubaba Buluma yabitangaje. Yakomeje asaba abaturage be gusubira mu mirimo yabo nta mpungenge.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *