RDC: Abantu 16 nibo baguye mu bitero ku bigo 2 bya gisirikare muri Lubumbashi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko abantu 16 barimo inyeshyamba 12 za Bakata-Katanga, abasirikare batatu, n’umwana nyuma y’aho izi nyeshyamba zicengeye kuri iki Cyumweru gishize muri Lubumbashi.

Nk’uko itangazo ryashyizweho umukono mu ijoro ryo ku Cyumweru gishize n’Umuvugizi wa FARDC, Maj. Gen. Léon Richard Kasonga, urubuga 7SUR7.CD rwabashije kubona kopi yarwo kuri uyu wa Mbere, inyeshyamba ziharanira ubwigenge bw’intara ya Katanga zizwi nka Bakata-Katanga zagabye ibitero ku bigo bibiri bya gisirikare biri muri Lubumbashi, birimo icya Kimbembe ukinjira mu mujyi, n’ikindi kigo giherereye Kibati, mu gace k’inganda.

Ibi byemejwe mu gihe amakuru yari yagiye hanze ku cyumweru nyuma y’ibyo bitero yavugaga ko ari inyeshyamba za Mai-Mai zateye Ikigo cya Kimbembe ndetse zikica abasirikare bane nazo zigatakaza 6 hagapfa umusivili umwe.

Soma iyo nkuru hano hasi

Ahabanza

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigira riti “ Inyeshyamba 12 za Bakata-Katanga zishwe, eshanu zirafatwa. Ingabo za leta zanafashe imbunda 7 za AK-47, imbunda 4 za PKM, imbunda irasa rokete yo mu bwoko bwo muri RPG7, za bombe, magazines, intwaro gakondo, camera na telephone 5. Icyo gitero kubw’ibyago cyanahitanye abasirikare batatu n’umwana w’umusirikare. Abandi basirikare batanu, umupolisi, abagore bane n’umwana w’umusirikare barakomeretse.”

Iri tangazo ryongeye gushimangira ko izi nyeshyamba zari zigamije gusahura ububiko bw’intwaro zarangiza zikigarurira Umujyi wa Lubumbashi.

Wanareba Videwo za BWIZA TV kuri iyi link iri munsi

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *