Kuri uyu wa Kane, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero ku bikorwaremezo bikoreshwa n’inyeshyamba zo muri Syria ziterwa inkunga na Iran, abantu bagera kuri 17 bahasiga ubuzima. Iki kikaba ari cyo gikorwa cya mbere cya gisirikare ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden bukoze busubiza ibitero biherutse kugabwa ku nyungu z’igihugu muri Irak.
Asobanura ukuntu iki gikorwa kiri mu rwego rwo kwirwanaho, umuvugizi wa minisiteri y’ingabo ya Amerika, John Kirby, yashimangiye ko ibitero byo kuri uyu wa Kane byasenye ibikorwaremezo bitandukanye biri ku mupaka ukoreshwa n’inyeshyamba ziterwa inkunga na Iran zo mu mutwe wa Kateeb Hezbollah.
Yagize ati “Ibitero byemejwe mu rwego rwo gusubiza ibitero biherutse kwibasira abakozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Iraki, n’iterabwoba rikomeje kwibasira abo bakozi”.
Nk’uko amakuru y’ibanze yashyizwe ahagaragara na ‘Observatoire Syrien des Droits de l’Homme (OSDH)’, ngo ibi bitero byasenye amakamyo atatu y’amasasu yari aturutse muri Irak anyuze ku mupaka utemewe mu majyepfo y’umujyi wa Boukamal wo muri Syria.
Umuyobozi wa OSDH, Rami Abdel Rahmane avugana na AFP yagize ati “Hapfuye abantu benshi. Byibuze abarwanyi 17 bapfuye nk’uko imibare y’ibanze ivuga, bose bo muri Hachd al-ChabiIl.”
Mu gihe Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, ategereje icyo Iran ikora ngo asubukure amasezerano Washington yari yivanyemo mu 2018 ku buyobozi bwa Donald Trump, ibitero bitatu bimaze kwibasira inyungu za Amerika mu burasirazuba bwo hagati bigashinjwa inyeshyamba ziterwa inkunga na Iran.
Kuwa Mbere ushize, ibisasu bya rokete byaguye hafi ya Ambasade ya Amerika I Baghdad. Kuwa Gatandatu ibirindiro byo mu kirere biherereye Balad muri Irak byari byarashweho umukozi umwe w’Umunya-Irak ukorera ikigo cy’Abanyamerika kita ku ndege z’indwanyi za F-16 arakomereka.
Reba ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


