Facebook yahaye gasopo Dr Stella Nyanzi kubera kwibasira Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Urubuga Nkoranyambaga rwa facebook rwihanije impirimbanyi y’Umugandekazi, Dr Stella Nyanzi kubera amagambo akoresha kuri uru rubuga.

Uyu mugore wahoze ari umwarimu muri Kaminuza ya Makerere mu gihugu cya Uganda akaba aherutse guhungira muri Kenya avuga ko ubuzima bwe buri mu kaga, aravuga ko ameze neza nubwo yahawe gasopo.

Yavuze ko agiye no kwandika igitabo, aho nta muntu uzamuha amabwiriza y’uko agomba kugaragaza ibitekerezo bye.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa Nairobinews, Nyanzi yanashinje Bobi Wine, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda gukorera mu bwihisho ngo akurwe kuri uru rubuga nkoranyambaga ariko ntiyatanze ibimenyetso.

Nyanzi mu byumweru bicye bishize yakunze kwibasira Bobi Wine kuri facebook. Inkomoko yo kutumvikana kwe na Bobi Wine ntiramenyekana neza, ariko yatsinzwe mu matora y’umudepite wo guhagararira Kampala n’umuntu wo muri NUP, ishyaka riyobowe na Bobi Wine.

Bamwe mu bamukurikirana nabo bamaganye amagambo mabi yagiye avuga kuri Bobi Wine mu cyumweru gishize.

Iyi si inshuro ya mbere Stella Nyanzi yisanga mu bibazo kubera ibintu avugira ku mbuga nkoranyambaga. Yatawe muri yombi amara umwaka urenga afunze I Kampala azira kwibasira umuryango w’umukuru w’igihugu, Yoweri Museni abinyujije mu muvugo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *