Idamange avuga ko hari abamubangamiye ubwo yajyaga mu mihango afunzwe

Sangiza iyi nkuru

Umugore ukurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, Idamange Iryamugwiza Yvonne avuga ko yabangamiwe ubwo yari amaze gutabwa muri yombi, agafungwa kuko yagiye mu mihango akabura uko yiyitaho kubera amapingu yari ku maboko ye.

Mu rukiko kuri uyu wa Kane tariki 4 Werurwe 2021, yavuze ko ko igihe yari mu maboko y’inzego z’umutekano yabangamiwe cyane kugeza ubwo n’igihe yari mu mihango yabasabye ko bamuvanaho amapingu ngo yiyiteho ariko bakanga.

Ibi umwunganira mu mategeko, Me Felicien Gashema yari yabitangarije VOA avuga ko ari ko yamubwiye ngo ” ararana amapingu”.

Icyo gihe, inzego zibishinzwe ntacyo zatangaje kuri iki kibazo cyatangajwe na Idamange mu gihe umunyamategeko we yavugaga ko ubusanzwe ibyo bintu bitemewe n’amategeko.

Idamange yatawe muri yombi kuwa 15 Gashyantare 2021, akaba akurikiranweho ibyaha bitandatu ari byo : Guteza imvururu/ imidugararo muri rubanda,gutesha agaciro ibimenyetso byerekeye jenocide, gukwirakwiza ibihuha hakoreshejwe ikoranabuhanga, Gutambamira ishyirwamubikorwa ry’imirimo yategetswe, gukubita no gukomeretsa no gutanga sheki itazigamiwe. Ibi byaha byose arabihakana.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Idamange avuga ko hari abamubangamiye ubwo yajyaga mu mihango afunzwe
    Uyu mugore ni umurwayi wo mumutwe nibamukubite ibinyafu atahe ajye no kwivuza.

  2. Idamange avuga ko hari abamubangamiye ubwo yajyaga mu mihango afunzwe
    Uyu mugore ni umurwayi wo mumutwe nibamukubite ibinyafu atahe ajye no kwivuza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *