Abasirikare ba Turkiya barimo umujenerali baguye mu mpanuka ya kajugujugu

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare 11 ba Turkiya barimo umusirikare mukuru ufite ipeti rya general kuri uyu wa Kane, itariki 04 Werurwe baguye mu mpanuka ya kajugujugu bari barimo yabereye mu burasirazuba bushyira amajyepfo y’igihugu.

Minisiteri y’ingabo ya Turkiya yabanje kuvuga ko abasirikare 9 ari bo bapfuye abandi bane bagakomereka, nyuma itangaza ko abandi babiri nabo bishwe n’ibikomere.

General Osman Erbas, wari umuyobozi mu gisirikare nawe ari mu bapfuye nk’uko byemejwe n’umudepite wo mu ishyaka AKP witwa Tolga Agar.

Nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ingabo, indege ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Cougar yakozwe na Airbus, yahagurutse ahitwa Bingöl yerekeje Tatvan mbere ya saa tanu ku isaha ngengamasaha ya GMT, nyuma y’iminota nka 30 ibura kuri radar.

Abayobozi baje kumenya aho indege yaguye nyuma yo kohereza za drones, indege yo gushakisha amakuru n’indi kajugujugu.

Impamvu zaba zateye iyi mpanuka ntabwo ziramenyekana neza, ariko amashusho yacishijwe kuri Televiziyo ya Turkiya, mu bice iyi ndege yaguyemo hari hari igihu gikabije.

Nk’uko tubikesha VOAAfrique, mu 2017 nabwo indege ya kajugujugu yo muri ubu bwoko bwa Cougar yakoreye impanuka mu Ntara ya Sirnak, ku mupaka wa na Ira na Syria, abantu 13 bahasiga ubuzima.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *