Abo mu muryango wa Nsabigaba bavuga ko ‘yazize umugore yishakiye’

Sangiza iyi nkuru

Amakuru mashya akomeje kujya hanze ku rupfu rw’uwitwa Jean Paul Nsabigaba uzwi nka Danny avuga ko uyu wasanzwe yimanitse, yaba yarazize umugore we, bivugwa ko yitwa Kercie Akariza ngo uba muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika wamuciye inyuma, agaterwa inda n’undi mugabo utaramenyakana.

Abantu baguye mu kantu mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ubwo abantu basangaga umurambo w’umusore w’imyaka 25 y’amavuko witwa Nsabigaba yiyahuye yimanitse.

Amakuru abo mu muryango wa Nsabigaba bahaye Taarifa dukesha iyi nkuru ko, uyu mugabo ashobora kuba yariyahuye abitewe n’uko umugore we yamuciye inyuma agatwita inda y’undi mugabo utaramenyekana.

Ku Cyumweru tariki 07, Werurwe, 2021 Nsabigaba yashyize kuri WhatsApp ‘utu emojis’ turira cyane ndetse n’ifoto ari kumwe n’umwe muri benewabo baririmba indirimbo isaba Imana imbabazi.

Bukeye bw’aho abantu bamusanze yimanitse yapfuye. Urwego rw’iperereza (RIB) ruracyakora iperereza ku rupfu rwe ngo rumenye impamvu ya nyayo y’uru rupfu.

INKURU BIJYANYE WASOMA:

1. https://bwiza.com/?Nyamata-Yaherekeje-abari-bamusuye-nimugoroba-bukeye-bamusanga-amanitse-ku

2. https://bwiza.com/?Kingdom-of-God-yashenguwe-n-urupfu-rudasobanutse-rwa-Danny-wayihimbiraga

Umwe mu bo mu muryango we utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye Taarifa ko ikibazo cyavutse nyuma y’aho Nsabigaba amenye amakuru y’uko umugore we yamuciye inyuma kenshi ndetse ko atwite.

Yagize ati: “Nyakwigendera yambikanye impeta n’umugore we muri 2019 nyuma uriya mugore aza kumuta aragenda. Mu Ukwakira, 2020 nibwo yagarutse kumusura bukeye asubirayo.”

Icyo gihe yasize amusezeranyije ko agiye kumushakira Viza hanyuma akazamusangayo. Undi asigara kuri icyo kizere kinshi. Icyo kizere cyamuraje amasinde, ahubwo atangazwa kandi ababazwa cyane no kumenya ko umugore we atwite.

Mu gihe bivugwa ko uyu witirirwa kuba umugore wa Nsabigaba, azwiho gukoresha cyane Instagram, kugeza ubu uyu mugore ntacyo aravuga ku rupfu rw’umugabo we ndetse no ku bimuvugwaho. BWIZA ikaba ikomeje gushaka amakuru yimbitse kuri iyi ngingo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Abo mu muryango wa Nsabigaba bavuga ko ‘yazize umugore yishakiye’
    haha hahaha ni ibinyoma, iyo ni propaganda za leta, bamwishe bamukubitisha amashanyarazi. ni umurambo c wizanye kwimanika kandi ari electricity yamwishe?

  2. Abo mu muryango wa Nsabigaba bavuga ko ‘yazize umugore yishakiye’
    haha hahaha ni ibinyoma, iyo ni propaganda za leta, bamwishe bamukubitisha amashanyarazi. ni umurambo c wizanye kwimanika kandi ari electricity yamwishe?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *