Umunyemari Patrice Motsepe wo muri Afurika y’Epfo, ni we watorewe kuba Perezida wa karindwi w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).
Motsepe usanzwe ari nyir’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mamelodi Sundowns, yemerejwe nka Perezida wa CAF mu nteko rusange ya 43 y’iriya mpuzamashyirahamwe yabereye muri Maroc.
Uyu mugabo usanzwe ari umuherwe wa 9 muri Afurika, yasimbuye kuri uriya mwanya umunya-Madagascar Ahmad Ahmad uheruka guhagarikwa na FIFA, nyuma yo gushinjwa ruswa n’itonesha.
Motsepe yashimiye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino wamutanze nk’umukandida, ashimangira ko ubumwe ari bwo buzatuma ibibazo byugarije Afurika bikemuka.
Motsepe yatorewe kuba Perezida wa CAF nyuma yo kwiyamamaza nk’umukandida rukumbi wo kuyobora ririya shyirahamwe.
Ubwo yatangazaga ko aziyamamaza yari ahatanye n’umunya-Senegal Augustin Senghor na Ahmed Yahya ukomoka muri Mauritania, gusa byarangiye aba bagabo bombi bemejwe nka ba Visi-Perezida.
Umunya-CĂ´te d’Ivoire Jacques Anouma na we wari wifuje kuyobora CAF we yagizwe umujyanama wihariye wa Motsepe.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


