Perezida Magufuli ni mutaraga_Minisitiri w’Intebe wa Tanzania

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kasimu Majaliwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yatangaje ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli ari mutaraga, abavuga ko arembejwe na Covid-19 babeshya.

Minisitiri Majaliwa yabimenyesheje igitangazamakuru cy’igihugu, TBC (Tanzania Broadcasting Corporation) nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

TBC yatumikiye Minisitiri Majaliwa iti: “Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyatanzaniya gutuza kubera ko Perezida John Magufuli ari mutaraga kandi ari hafi kujya mu kazi.”

Kuva tariki ya 9 Werurwe bivugwa ko Perezida Magufuli arembye. Amakuru yabanje yavugaga ko yihutishirijwe mu bitaro bya Nairobi muri Kenya, ayakurikiyeho avuga ko byabaye ngombwa ko yoherejwe mu Buhinde kuko yakomeje kuremba.

Aya makuru yakomeje kwamaganwa n’abakomeye muri Leta barimo Minisitiri w’Itumanaho, Umuco na Siporo wa Tanzania, Innocent Bashungwa wihanangirije ibitangazamakuru byo mu gihugu ndetse n’abaturage bakomeje kuyakwirakwiza, kandi ngo “ari igihuha”.

Minisitiri Bashungwa yibukije ibitangazamakuru n’abaturage ko amakuru yizewe atangwa n’inzego zibifitiye ububasha.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *