FARDC igiye kwambura intwaro abazitunze mu buryo butemewe muri Minembwe

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kirahamagarira abantu bose batunze intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Minembwe, ho muri Teritwari ya Fizi, muri Kivu y’Amajyepfo, kuzishyikiriza ubuyobozi bwa brigade ya 12.

Igisirikare cya Congo kandi cyongeyeho ko abo basivili batunze intwaro ntibanga kuzitanga ku bushake kizakora igikorwa cyo kuzibambura ku ngufu.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Werurwe 2021, Gen. Muhima Dieudonne, Komanda wa Brigade ya 12 ishinzwe gutabara byihuse muri Minembwe, yatangaje ko ikigamijwe ari ukurangiza ikibazo cy’ihungabana ry’umutekano rimaze kuba karande muri iki gice cya Kivu y’Amajyepfo.

“Urebye ukibazo cy’umutekano muke uterwa n’abantu benshi, abajura bitwaje imbunda n’abandi bafite intwaro z’intambara mu buryo butemewe n’ibikoresho bya gisirikare rwagati muri Minembwe (Madegu), ndetse no mu nkengero, komanda arahamagarira abafite ibyo bikoresho bose kubisubiza”, ibi ni bimwe mu bikubiye mu itangazo urubuga 7sur7.cd rwabashije kubona.

Gen. de Bridage Muhima Dieudonne washyize umukono kuri iri tangazo, yashimangiye ko abatazubahiza ubu busabe bazashyikirizwa ubutabera bagashinjwa gutunga intwaro mu buryo butemewe. Yaboneyeho guhamagarira abaturage gufatanya n’ubuyobozi bakagaragaza ahantu baba bakeka hahishe intwaro.

Ibi biravugwa mu gihe muri Minembwe hakomeje kuvugwa abantu bahoze mu gisirikare cya FARDC bahavuka bakivamo bagasubirayo bavuga ko bagiye kurinda umutekano wa bene wabo, umuntu akaba yakwibaza niba nabo bari mu bagomba kwamburwa intwaro cyangwa iki cyemezo kireba abasivili gusa badasanzwe ari abarwanyi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *