Umusaza yagiye kwiba idolari rimwe muri banki yitwaje imbunda, asaba ko bahita bahamagara polisi

Sangiza iyi nkuru

Umugabo w’imyaka 50 witwaTimothy Dean Alsip utuye Oregon muri Amerika mu 2013 yagiye muri banki yitwaje imbunda, asaba ko yahabwa idolari rimwe, ahita anasaba ko polisi yaza kumuta muri yombi.

Alsip amaze gutera ubwoba umukozi wa banki yari yafatiyeho imbunda, yahise yicara ku ntebe y’abakiliya, ategereza polisi ngo ize kumufata.

Byaje kumenyekana ko uyu mugabo yari agamije gufungwa kugira ngo nagera muri gereza avuzwe, kuko ubusanzwe yari umusabirizi, utagira aho kuba.

Polisi yahageze isanga umukozi wafatiweho imbunda yafashwe n’umutima mu gihe uwo yafashwe na polisi, akatirwa amezi atarenze 12 ari muri gereza.

Byamenyekanye ko uyu mugabo yari arwaye indwara y’umugongo n’amaguru. We yavuze ko icyo gihe bamukatiye ari gito kuko azaba atari yakira asaba ko cyakongerwa, bityo ko azakora irindi kosa ngo agaruke muri gereza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *