Umuryango ufasha abana wo mu Bwongereza, Save the Children, uvuga ko intagondwa ziyitirira idini ya Islam zirimo guca imitwe abana barimo n’abafite imyaka 11 bo mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru y’igihugu. Umubyeyi umwe w’umugore yabwiye Save the Children ko yabonye umwana we w’umuhungu w’imyaka 12 arimo yicwa muri ubwo buryo hafi y’aho we yari yihishe ari kumwe n’abandi bana be. Abantu barenga 2,500 barishwe naho abandi bagera ku 700,000 bata ingo zabo, kuva ibitero by’izo ntagondwa ziyitirira idini ya Islam byatangira mu mwaka wa 2017. Izo ntagondwa zikorana n’umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS). umuryango Save the Children wavuze ko wavuganye n’abo mu miryango yataye ingo zayo, bakawubwira ibintu biteye ubwoba banyuzemo muri iyo ntara ikize kuri peteroli idatunganyije. Umugore umwe – utatangajwe amazina mu rwego rwo kumurindira umutekano – yavuze ko umwana we mukuru yaciwe umutwe hafi y’aho we n’abandi bana bari bihishe. Yagize ati: “Iryo joro icyaro cyacu cyaratewe inzu ziratwikwa”. “Byose ubwo byatangiraga, nari ndi mu rugo n’abana banjye bane. Twagerageje gutorokera mu biti ariko bafata umuhungu wanjye mukuru bamuca umutwe. Nta cyo twashoboraga kubikoraho kuko natwe twari guhita twicwa”. Undi mugore yavuze ko umuhungu we yishwe n’izo ntagondwa mu gihe we n’abandi bana batatu byari byabaye ngombwa ko bahunga. Yagize ati: “Nyuma yuko umuhungu wanjye w’imyaka 11 yishwe, twumvise ko kuguma mu cyaro cyanjye bitakirimo umutekano”. “Twahungiye mu nzu ya data [papa] mu kindi cyaro, ariko hashize iminsi micye naho ibitero biratangira”. Chance Briggs, ukuriye Save the Children muri Mozambique, yavuze ko amakuru y’ibitero ku bana “aduteye akababaro ndengakamere”. Yagize ati: “Abakozi bacu barize ubwo bumvaga inkuru z’akababaro zavuzwe n’ababyeyi b’abagore bo mu nkambi z’abataye ingo zabo”. Intumwa yihariye y’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) ku bwicanyi bunyuranyije n’ubucamanza, yavuze ko ibyakozwe n’izo ntagondwa ari “ubunyamaswa umuntu atabona amagambo abuvugamo”. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


