Umukinnyi w’ikipe ya AC Milan yo mu Butaliyani, Zlatan Ibrahimovic, yasubiye mu ikipe y’igihugu ya Suède kugira ngo ayifashe gushaka itike yo kwitabira irushanwa ry’igikombe cy’Isi rizaba mu 2022.
Ni nyuma y’imyaka itanu uyu mukinnyi w’imyaka 39 y’amavuko yari amaze ayisezeyemo mu buryo budasubirwaho.
Zlatan amaze kwemeza ko agiye kongera gukinira Suède, yifashishije urubuga rwa Twitter kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 maze yandikaho ati: “Ukugaruka kw’Imana.” Yomekaho ifoto ye imugaragaza ubwo yari mu kibuga akinira iyi kipe mu bihe bya mbere yo gusezera.
Nk’uko bigaragara, umutoza w’ikipe ya Suède Janne Andersson yashyize Zlatan ku rutonde rw’abakinnyi azitabaza ku mikino irimo uzabahuza na Georgia tariki ya 25 Werurwe 2021, uzabahuza na Kosovo tariki ya 28 ndetse n’uwa gicuti uzabahuza na Estonia tariki ya 31.
Ku mutoza Andersson nk’uko Sky Sports yabitangaje, kugaruka kwa Zlatan mu ikipe y’igihugu birakwiye kuko ni umukinnyi watanzemo umusanzu ukomeye mbere y’uko asezerera kandi bitewe n’ubunararibonye afite mu mupira w’amaguru, akaba yashobora kubaka icyizere muri bagenzi be.
Yagize ati: “Icya mbere ni umukinnyi mwiza cyane twagize muri Suède. Birumvikana kuba yashatse kugaruka birasekeje. Ku birenze kuba yatanga umusanzu mu kibuga, afite ubunararibonye, yatanga umusanzu ku bakinnyi bandi bagize ikipe.”
Zlatan Ibrahimovic yakiniye Suède kuva mu 2001 kugeza mu 2016 ubwo iyi ikipe yasezererwaga mu irushanwa rya Euro. Icyo gihe yari amaze kuyikinira imikino 112, atsindamo ibitego 62.

Zlatan ni umwe mu bakinnyi bafite imbaraga mu mupira w’amaguru
N’ubwo akuze ikaba ari nayo mpamvu yashingiyeho asezera mu ikipe ya Suède, Zlatan yakomeje kugaragaza imbaraga zidasanganwe ba rutahizamu bari mu kigero nk’icye kuko yakomeje gutsinda ibitego byinshi mu makipe yanyuzemo arimo Manchester United yo mu Bwongereza, Los Angeles Galaxy yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na AC Milan.
Muri AC Milan akinira kuva mu 2020, amaze gutsinda ibitego 24 mu mikino 33 amaze gukina mu marushanwa atandukanye arimo Seria A, Coppa Italia na UEFA Europa League.

Zlatan akomeje gutsinda ibitego muri AC Milan
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


