Perezida w’ u Burusiya, Vladimir Putin birashoboka ko yahaye uruhushya ibikorwa byo kugerageza kugena ibyavuye mu matora y’Amerika ashaka ko uwari Perezida Donald Trump ayatsinda, nkuko bivugwa n’abakuriye ubutasi bw’Amerika. U Burusiya bwakwirakwije “ibirego biyobya kandi bidafite ishingiro” bijyanye na Joe Biden waje gutsinda ayo matora, nkuko raporo ya leta y’Amerika ibivuga. BBC ivuga ko ariko iyi raporo yavuze ko nta leta y’igihugu cy’amahanga yahungabanyije ibyavuye muri ayo matora bya nyuma. U Burusiya bwakomeje guhakana ibirego byo kwivanga mu matora. Iyi raporo y’amapaji 15 yasohowe ku wa kabiri n’ibiro by’umukuru w’ubutasi bw’igihugu. Igaragaza ibyo ivuga ko byari “ibikorwa byo kugena” ibyavuye mu matora byakozwe n’Uburusiya na Iran. Ivuga ko abantu bafite aho bahuriye n’Uburusiya bakwirakwije ibivugwa bidafitiwe gihamya kuri Perezida Biden mbere y’amatora yo ku itariki ya 3 y’ukwezi kwa cumi na kumwe mu 2020. Inavuga ko gahunda igamije gutanga amakuru atari ukuri yashakaga kubangamira kugirira icyizere gahunda ngari y’amatora. Abantu bamwe bafite aho bahuriye n’ubutasi bw’Uburusiya na bo bakwirakwije mu bitangazamakuru imvugo zirwanya Biden, mu bategetsi bakuru no mu bashyigikiye Bwana Trump, nkuko iyi raporo ibivuga. Perezida Biden yatsinze Bwana Trump, arahizwa gutegeka Amerika ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa mbere. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


