Real Madrid na Manchester City ziyongereye ku makipe azakina 1/4 cya Champions league

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Real Madrid na Manchester City, ziyongereye ku makipe azakina ¼ cy’irangiza cya UEFA Champions League, nyuma yo gusezerera Atalanta na Borussia Mönchengladbach.

Madrid y’umutoza Zinedine Zidane yatsinze Atalanta yo mu Butaliyani ibitego 3-1, iyisezerera ku giteranyo cya 4-1.

Real Madrid yakiriye uyu mukino wo kwishyura wa 1/8 mu gihe yari yatsinze ubanza wabereye mu Butaliyani ku gitego 1-0.

Ni Madrid yagaragaje urwego ruri hejuru ndetse yashoboraga gufungura amazamu ku munota wa 24, aho Vinícius Júnior yakinanye na Karim Benzema, umupira uyu munya-Brésil yashatse gutera mu izamu, usubizwa inyuma na Berat Djimsiti.

Umupira umunyezamu wa Atalanta, Marco Sportiello, yatanze nabi ku munota wa 34 ni wo wavuyemo igitego cya mbere cya Real Madrid, aho wafashwe na Luka Modri? wahise awuha Benzema awuboneza mu izamu.

Ni Benzema wahise wuzuza ibitego 70 amaze gutsinda muri ririya rushanwa, ndetse yanahise yinjira mu bakinnyi batanu batsinze ibitego byinshi mu mateka ya ririya rushanwa.

Vinícius yakabaye kandi yatsindiye Real Madrid mu minota ya mbere y’igice cya kabiri ubwo yari aherejwe umupira mwiza n’Umufaransa Ferland Mendy, gusa birangira awuteye ku ruhande.

Real Madrid yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 58 biciye kuri Kapiteni wayo Sergio Ramos, nyuma y’uko Viniscius yari amaze kugushwa mu rubuga rw’amahina na Rafael Tolói.

Ramos yatsindaga igitego cya 15 kimugira myugariro wa mbere mu mateka itsinze ibitego nk’ibyo muri UEFA Champions league.

Ku munota wa 67, Benzema yakinanye na Lucas Vázquez wamushubije ahindura umupira mu rubuga rw’amahina, uyu mu Bufaransa awuboneza imbere ukurwamo n’umunyezamu, umugarukiye ashyiraho umutwe, ariko ku bw’amahirwe make umupira usubizwa inyuma n’igiti cy’izamu.

Habura iminota 10 ngo umukino urangire, Ruslan Malinovskiy yahereje umupira mwiza Duván Zapata wasize abarimo Varane, ateye ishoti rikurwamo n’umuzamu Thibaut Courtois.

Muri iyi minota ya nyuma, Atalanta yasatiraga ndetse yabonye umupira uteretse inyuma y’urubuga rw’amahina ubwo Raphaël Varane yakiniraga nabi Josip Ili?i?, iyi coup-franc itsindwa n’umunya-Colombia Luis Muriel.

Nyuma y’iminota ibiri, ku wa 84, Vázquez yazamukanye umupira yihuta, awuhindura mu rubuga rw’amahina ndetse uhita uterwa mu izamu na Marco Asensio washimangiye gukomeza kwa Real Madrid ku bitego 4-1mu mikino yombi.

Manchester City yo yageze muri 1/4 cy’irangiza nyuma yo gutsinda Borussia Mönchengladbach ibitego 2-0 bya Kevin de Bryune na ?kary Gündo?an, ikomeza ku giteranyo cya 4-0 mu mikino yombi.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasozwa imikino ya 1/8, aho Bayern Munich yakira Lazio yatsindiye iwayo ibitego 4-1 mu mukino ubanza mu gihe Chelsea yatsinze 1-0, irakira Atlético Madrid.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *