Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden kuri uyu wa 17 Werurwe 2021 yatangaje ko mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin ari umwicanyi kandi agomba kubiryozwa.
Nk’uko Reuters ibivuga, ni ubutumwa uyu Mukuru w’Igihugu yatambukirije mu kiganiro yagiranaga n’umunyamakuru Geore Stephanopoulos wa televiziyo ABC, nyuma ya raporo yasohowe n’urwego rw’ubutasi ishinja ibiro bya Perezida Putin kugerageza kongera kwivanga mu matora yabo.
Iyi raporo ivuga ko mu gihe USA yiteguraga amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibiro bya Putin byagerageje gushaka uko Biden yatakarizwa icyizere, Donald Trump bari bahanganye agatsinda.

Biden ibumoso, Putin iburyo
Ngo icyo gihe, u Burusiya bwakwirakwije ibirego bidafite ishingiro birwanya Joe Biden wari umukandida w’ishyaka rya Demukarate ndetse hari gahunda igamije gutanga amakuru y’ibinyoma iki gihugu cyateguye yashoboraga gutuma gahunda ngari y’amatora itakarizwa icyizere.
Kuri USA, ibyo byari bigamije kugena uko amatora azagenda n’ibizayavamo.
Muri iki kiganiro, Biden ashingiye kuri iyi raporo yavuze ko Putin nta ‘roho’ agira. Umunyamakuru yamubajije niba yizera ko uyu Mukuru w’Igihugu mugenzi we yaba ari “umwicanyi”, Biden asubiza ati: “Ni ko mbyizera.”
Biden akomeje avuga ko Putin agomba kuryozwa kwivanga mu matora ya USA, igikorwa ashinjwa ubugira kabiri. Ati: “Azishyura, muzabibona vuba.
Ubwa mbere USA yashinje u Burusiya kwivanga mu matora ni mu 2016 ubwo Donald Trump wabaye Perezida w’iki gihugu yari amaze gutsinda Hillary Clinton. Gusa iki gihugu cyo cyakomeje kubihakana kivuga ko ari “ibirego bidafite ishingiro”, kinabyamaganira kure.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


