Intekerezo zihabanye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ku rupfu rwa Magufuli

Sangiza iyi nkuru

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania bagaragaje imyumvire itandukanye ku rpfu rwa Perezida w’icyo gihugu, Jonh Pombe Magufuli rwabaye kuri uyu wa 17 Werurwe 2021.

Muri bo, hari abumvikanisha ko nibura bamwubahaga nk’uyoboye igihugu mu gihe abandi bo byafatwa nk’aho ahubwo biruhukije.

Zitto Kabwe ukuriye ishyaka ACT Wazalendo, uba mu Bubiligi, ari mu batangaje mbere iby’uburwayi bwa Perezida Magufuli, ndetse kuwa gatatu avuga ko ibye bishobora kuba byarangiye.

Yatangaje ko “ababajwe n’urupfu rwa Magufuli” kandi yahamagaye visi perezida amwihanganisha.

Kabwe yavuze ko iyi ari inkuru mbi ku batanzaniya, ndetse ko “mw’izina rya ACT Wazalendo nanjye bwite, nihanganishije Mama Janet Magufuli n’umuryango wose wa John Pombe Magufuli”.

Ku rundi ruhande ariko uwitwa Fatma Karume umunyamategeko utavugarumwe na politiki za Perezida John Magufuli, yavuze ko kuva Magufuli yagera ku butegetsi, bahise bamburwa ubwisanzure.

Yabwiye BBC ati ” Kuva yagera ku butegetsi igihugu cyarahindutse, gihinduka igihugu kibabaye, ubwisanzure bwacu twarabunyazwe.”

Gusa yongeraho ko bibabaje. Ngo ” Birababaje cyane ko byafashe igihe kinini ngo abaturage babwirwe ukuri. Imana imuruhurire aho akwiye…ariko sintekereza ko azibukirwa ku bikorwa byiza.”

Abakuru b’ibihugu nka Kenya, DRC, Malawi, u Bwongereza, Uganda bakomeje kwihanganisha umuryango wa Magufuli n’abaturage muri rusange.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *