Urugo rwa Kalev Mutond, wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’ubutasi rwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (ANR) ku butegetsi bwa Joseph Kabila, kuri uyu wa Kane, itariki 18 Werurwe rwatewe n’inzego z’umutekano zaruteye hejuru zirusaka.
Nyuma y’iki gikorwa za telefone, mudasobwa na modem byatwawe n’abashinzwe umutekano bamwe bari bambaye igisirikare abandi bambaye gisivili nk’uko byemejwe n’umwe mu bo mu muryango wa Kalev uvuga ko ibyo bikoresho byari umwe mu nshuti z’umuryango.
Urubuga politico.cd dukesha iyi nkuru, ruvuga ko kuri uyu wa Gatanu, itariki 19 Werurwe hari hateganyijwe irindi saka muri uru rugo mu cyumba cyari gifunze batabashije kwinjiramo kuwa Kane bivugwa ko kirimo inyandiko z’ibanga.
Ibi bije nyuma y’igihe kitageze ku cyumweru umuryango wa Kalev Mutond utangaje ko yaburiwe irengero nyuma y’aho ubushinjacyaha bwari bwasohoye impapuro zo kumuta muri yombi kubera ibyaha aregwa yakoze igihe yari akuriye ANR.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


