Intumwa ziturutse mu bihugu bitandukanye bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) ziri i Kigali mu rwego rwo gusura ahazabera inama no kuganira n’itsinda ritegura aho imyitegura y’inama ya CHOGM 2021 iteganyijwe kubera I Kigali guhera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 24 Kamena, igeze.
CHOGM ni inama iterana rimwe mu myaka ibiri igahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.

Iyo inama yari iteganyijwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2020 ariko iza kwimurirwa muri 2021 kubera icyorezo cya Covid-19.
Iyo nama igiye kuba ku nshuro ya 26 biteganyijwe ko izabera i Kigali kuva tariki ya 21 Kamena 2021, harebwa ku hazaza ha Commonwealth mu guhuza imikoranire, guhanga udushya no guhindura imikorere.

Abayobozi bakuru n’ibihugu bazaganira ku buryo bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe muri CHOGM 2018 yabereye i Londres mu Bwongereza.

Irindi tsinda riyobowe na Luis G. Franceschi ushinzwe imiyoborere n’amahoro mu muryango wa Commonwealth ryaherukaga mu Rwanda muri Gashyantare, aho ryatangaje ko ryatunguwe n’uburyo u Rwanda rwiteguye kwakira inama z’uwo muryango zitezwe mu kwezi kwa Kamena 2021.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


