Mozambique: Abantu benshi baguye mu gitero cyo mu Mujyi wa Palma

Sangiza iyi nkuru

Abantu babarirwa muri mirongo bapfuye nyuma y’igitero mu Mujyi wa Palma mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Mozambique, nk’uko umuvugizi wo muri minisiteri y’ingabo yabivuze.

Hari abantu barindwi bishwe bari kugerageza guhunga hotel yari yafashwe n’abo barwanyi, nk’uko Omar Saranga abivuga.

BBC ivuga ko hari abandi bantu amagana, abanyamahanga n’abaturage ba hano, bivugwa ko barokowe.

Kuva kuwa gatatu ushize, aka gace katewe n’abarwanyi bishingikirije idini ya Islam.

Abantu bagiye batanga ubuhamya bari mu bwihisho bategereje ubwato bwo kubarokora, nabwo bunyura ku mwaro uriho imibiri yaciwe imitwe.

Urubuga rutangaza amakuru y’amato ya gisirikare rwerekanya amafoto y’amato menshi ku mwaro n’icyambu cya Palma, abantu bagerageza guhunga mu buryo bwose n’amato yose ashoboka.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *