Intamba na zo zabuze itike ya CAN, mbere yo kurangiza umuhango muri Maroc

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu y’u Burundi ‘Intamba mu Rugamba’, yiyongereye ku makipe y’ibihugu atazakina imikino y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Caméroun, nyuma y’uko itike yari itegereje itwawe na Mauritania.

Ni nyuma y’uko iyi Mauritania itsinze Centrafrique igitego 1-0, mu mukino wa nyuma wo mu tsinda E.

Igitego cyo mu gice cya Mbere cy’umukino cya Aboubakar Kamara cyari gihagije kugira ngo Mauritania ibone amanota atatu y’imbumbe yahise ayifasha kwerekeza mu gikombe cya Afurika ku ncuro ya kabiri yikurikiranya.

Iyi Mauritania yahise ifata umwanya wa kabiri mu tsinda n’amanota icyenda, irushwa na Maroc ya mbere amanota abiri.

Ikipe y’igihugu y’u Burundi iri ku mwanya wa gatatu muri ririya tsinda n’amanota atanu, mbere yo guhura na Maroc mu mukino wa nyuma wo mu tsinda ubera i Rabat mu kanya saa tatu.

Ibi bisobanuye ko Abarundi bakina uriya mukino basa n’abarangiza umuhango, kuko n’aho Maroc itawukina bayitera mpaga bakagira amanota umunani, bigatuma basigara barushwa na Mauritania inota rimwe.

Intamba mu Rugamba ziyongereye ku yandi makipe ya hano mu karere yatashye amara masa, arimo RDC, Uganda, Tanzania, Kenya na Sudani y’Epfo.

Amavubi y’u Rwanda yo aramenya uruyategereje nyuma y’umukino wa nyuma wo mu tsinda F uyahuza na Caméroun, ariko nanone bikanaterwa n’ibiva mu mukino wa Mozambique na Cap-Vert ubera i Maputo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *